Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibicuruzwa 5 Byinjizwa Cyane Mu Rwanda Muri Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibicuruzwa 5 Byinjizwa Cyane Mu Rwanda Muri Magendu

admin
Last updated: 08 October 2021 1:33 pm
admin
Share
SHARE

Imibare y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) igaragaza ko kuva muri Nyakanga 2019 kugeza muri Kamena 2021 hafashwe magendu yiganjemo caguwa, likeri, divayi n’ibindi byinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe, ku buryo byatejwe cyamunara hagaruzwa miliyari 4,5 Frw.

Komiseri wungirije wa RRA ushinzwe Iperereza ku musoro no kubahiriza amategeko Kagame Charles, yavuze ko nko hagati ya Nyakanga 2019 – Kamena 2020, magendu yafashwe yiganjemo caguwa y’imyenda n’inkweto, ibilo 12,038.

Ku mwanya wa kabiri haza amacupa 20,711 ya likeri (liqueurs) na divayi; ku wa gatatu hari ibilo 23,80 by’amavuta yo kwisiga atemewe; ku wa kane ni ibilo 18 by’itabi, ku mwanya wa gatanu hakaza insinga zitemewe zingana n’ibilo 200 byose byafashwe.

Ni mu gihe hagati ya Nyakanga 2020 – Kamena 2021; magendu zafashwe cyane ari caguwa y’imyenda n’ikweto bingana n’ibilo 66,575; amacupa 4,898 ya likeri na divayi; amacupa 15,156 y’amavuta atemewe; ibitenge 5674 n’ibizingo 1799 by’insinga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare igaragaza ko mu kugurisha mu cyamunara ibyafashwe, mu 2019-2020 hagarujwe 2,770,920,724 Frw, mu mwaka wa 2020-2021 hagaruzwa 1,757,288,613 Frw.

Kagame yakomeje ati “Ni ibintu bitoroshye, harimo n’ibindi kuko hari abambutsa NIDO, ibishyimbo, kandi ibi ni ibyo tuba twabonye, hari ibyo tuba tutabonye.”

Magendu ikaze ngo ikorerwa mu burengerazuba bw’u Rwanda ku mipaka ya Rusizi na Rubavu ihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Kagame yavuze ko mu ngamba zigenda zifatwa harimo ko ku mupaka wa Rubavu hashyizwe amatara ku buryo ababishinzwe babasha kugenzura ingendo zikorwa.

Yakomeje ati “Dufite gahunda ko twazanashyiraho kamera (camera), ariko nanone dukoresha abantu baduha amakuru.”

- Advertisement -

Yavuze ko abanyarwanda bakwiye kumva ko magendu ari umwanzi w’iterambere ry’igihugu, bagatanga amakuru kugira ngo ikumirwe.

Uretse magendu, hari n’ibindi bikorwa byo kunyereza umusoro ubigambiriye, bizwi nka forode.

Ahanini bikorwa binyuze mu gutanga amakuru atariyo ku misoro, nk’abatanga inyemezabuguzi za EBM nta kintu bagurishije, bigakorwa mu bwumvikane nk’abacuruzi bashaka kuzasaba leta gusubizwa umusoro ku nyongeragaciro (VAT).

Ni ibikorwa RRA ivuga ko hamaze gukurikiranwa ibibazo 68, bimaze kugaragaramo amafaranga agera kuri 21,893,914,211 Frw.

Ubundi buryo bukoreshwa burimo guhisha ibintu bijyanye n’ubucuruzi byakabaye bisorerwa, cyangwa gufata ubucuruzi ukabwandika ku bandi bantu, hakaba igihe RRA igiye kubishyuza imisoro igasanga ari nk’umukozi wo mu rugo udafite aho yikora.

Harimo no kuba umuntu acuruza ariko akazamenyekanisha ko nta kintu yacuruje, agamije kutishyura umusoro.

RRA ivuga ko abantu bakwiye kumva ko kutishyura umusoro neza ari ukubangamira iterambere ry’igihugu, ku buryo n’ababibona bakwiye kubitangaho amakuru.

TAGGED:CaguwaDivayifeaturedImisoroLikeriMagenduRRA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutekano Wongeye Kuza Imbere Mu Bipimo By’Imiyoborere Mu Rwanda
Next Article Slovakia Yahaye U Rwanda Inkingo 280,000 Za Astra Zeneca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?