Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibicuruzwa 5 Byinjizwa Cyane Mu Rwanda Muri Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibicuruzwa 5 Byinjizwa Cyane Mu Rwanda Muri Magendu

admin
Last updated: 08 October 2021 1:33 pm
admin
Share
SHARE

Imibare y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) igaragaza ko kuva muri Nyakanga 2019 kugeza muri Kamena 2021 hafashwe magendu yiganjemo caguwa, likeri, divayi n’ibindi byinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe, ku buryo byatejwe cyamunara hagaruzwa miliyari 4,5 Frw.

Komiseri wungirije wa RRA ushinzwe Iperereza ku musoro no kubahiriza amategeko Kagame Charles, yavuze ko nko hagati ya Nyakanga 2019 – Kamena 2020, magendu yafashwe yiganjemo caguwa y’imyenda n’inkweto, ibilo 12,038.

Ku mwanya wa kabiri haza amacupa 20,711 ya likeri (liqueurs) na divayi; ku wa gatatu hari ibilo 23,80 by’amavuta yo kwisiga atemewe; ku wa kane ni ibilo 18 by’itabi, ku mwanya wa gatanu hakaza insinga zitemewe zingana n’ibilo 200 byose byafashwe.

Ni mu gihe hagati ya Nyakanga 2020 – Kamena 2021; magendu zafashwe cyane ari caguwa y’imyenda n’ikweto bingana n’ibilo 66,575; amacupa 4,898 ya likeri na divayi; amacupa 15,156 y’amavuta atemewe; ibitenge 5674 n’ibizingo 1799 by’insinga.

Imibare igaragaza ko mu kugurisha mu cyamunara ibyafashwe, mu 2019-2020 hagarujwe 2,770,920,724 Frw, mu mwaka wa 2020-2021 hagaruzwa 1,757,288,613 Frw.

Kagame yakomeje ati “Ni ibintu bitoroshye, harimo n’ibindi kuko hari abambutsa NIDO, ibishyimbo, kandi ibi ni ibyo tuba twabonye, hari ibyo tuba tutabonye.”

Magendu ikaze ngo ikorerwa mu burengerazuba bw’u Rwanda ku mipaka ya Rusizi na Rubavu ihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Kagame yavuze ko mu ngamba zigenda zifatwa harimo ko ku mupaka wa Rubavu hashyizwe amatara ku buryo ababishinzwe babasha kugenzura ingendo zikorwa.

Yakomeje ati “Dufite gahunda ko twazanashyiraho kamera (camera), ariko nanone dukoresha abantu baduha amakuru.”

Yavuze ko abanyarwanda bakwiye kumva ko magendu ari umwanzi w’iterambere ry’igihugu, bagatanga amakuru kugira ngo ikumirwe.

Uretse magendu, hari n’ibindi bikorwa byo kunyereza umusoro ubigambiriye, bizwi nka forode.

Ahanini bikorwa binyuze mu gutanga amakuru atariyo ku misoro, nk’abatanga inyemezabuguzi za EBM nta kintu bagurishije, bigakorwa mu bwumvikane nk’abacuruzi bashaka kuzasaba leta gusubizwa umusoro ku nyongeragaciro (VAT).

Ni ibikorwa RRA ivuga ko hamaze gukurikiranwa ibibazo 68, bimaze kugaragaramo amafaranga agera kuri 21,893,914,211 Frw.

Ubundi buryo bukoreshwa burimo guhisha ibintu bijyanye n’ubucuruzi byakabaye bisorerwa, cyangwa gufata ubucuruzi ukabwandika ku bandi bantu, hakaba igihe RRA igiye kubishyuza imisoro igasanga ari nk’umukozi wo mu rugo udafite aho yikora.

Harimo no kuba umuntu acuruza ariko akazamenyekanisha ko nta kintu yacuruje, agamije kutishyura umusoro.

RRA ivuga ko abantu bakwiye kumva ko kutishyura umusoro neza ari ukubangamira iterambere ry’igihugu, ku buryo n’ababibona bakwiye kubitangaho amakuru.

TAGGED:CaguwaDivayifeaturedImisoroLikeriMagenduRRA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutekano Wongeye Kuza Imbere Mu Bipimo By’Imiyoborere Mu Rwanda
Next Article Slovakia Yahaye U Rwanda Inkingo 280,000 Za Astra Zeneca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?