Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibifaro Bya Mbere Bya Israel Byinjiye Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibifaro Bya Mbere Bya Israel Byinjiye Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2023 8:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho ari imibare yabazwe kare kubera ko umunsi Hamas yatereyemo Israel(iyitunguye) ari nawo Israel yinjiriye muri Gaza ikoresheje ibifaro byayo. Icyo gihe hari ku wa Gatandatu taliki 07, Ukwakira, 2023.

Hari hashize iminsi isaba abasivili kuva muri kiriya gice bagahungira hafi y’umugezi wa Gaza.

Uyu muburo ariko hari abawufata nk’uburyo bwo guhimana kubera ko nta hantu hagaragara abo baturage bazahungira hagari ( kuko ni abantu bagera kuri miliyoni imwe) ku buryo bazahaba igihe kirekire.

Indege z’ingabo za Israel zaraye zongeye koherereza inyandiko zanditse mu Cyarabu zisaba abatuye Gaza kuyivamo igihe ntarengwa bahawe kitararangira.

Izo nyandiko zabibukije ko hasigaye amasaha make ngo igihe ntarengwa bahawe kirangire kuko kitagomba kurenza amasaha 24.

Nk’uko bisanzwe, abana n’abagore nibo bagirwaho ingaruka n’intambara. Uyu mwana ni Umunya Palestine

Ibifaro bya mbere by’ingabo za Isreal bitwa Merkava byatangiye kwingira muri Gaza biherekeje abasirikare barwanira ku butaka bari mu bikorwa byo gushakisha aho abaturage ba Israel batwawe bunyago bari ngo bababohoze.

Israel yabwiye isi ko mu migambi yayo idakeneye kwica abasivili bo muri Gaza ahubwo ngo icyo igambiriiye ni ugusenya burundu Hamas.

Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu avuga ko iriya ntambara izamara igihe kitazwi, ariko ko izarangira Israel ifite imbaraga kurusha mbere.

Icyakora ibi ni ko abyumva kuko ubona utangira intambara ariko ntumenya uko izarangira.

Ibi Amerika ibizi neza cyane.

TAGGED:AbaturageAmerikafeaturedGazaIntambaraIsraelNetanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwita Umwana Irigenurano Biri Mu Bigize Icyaha- RIB
Next Article Uganda Mu Nama Na DRC Ku Mutekano Bisangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?