Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiganiro Byo Guhagarika Intambara Ya Ukraine Biri Hafi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Ibiganiro Byo Guhagarika Intambara Ya Ukraine Biri Hafi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2025 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hagati aho, Putin avuga ko niba Ukraine itemeye ibyo isabwa, izomekwa ku Burusiya bidatinze
SHARE

Donald Trump yatangaje ko yaraye agiranye ikiganiro na mugenzi we uyobora Uburusiya cyagarutse ku ngingo y’uko igihe kigeze ngo bashyireho amatsinda yo kuganira uko intambara yiswe iya Ukraine yahagarara.

Ku rukuta rwe rwa Truth Social, Trump yanditse ko ikiganiro yagiranye na Putin cyabaye cyiza kandi ko bemeranyije ko amatsinda agomba kujyaho byihuse.

Trump avuga ko yahamagaye Putin baraganira birambuye bagera no ku ngingo yo kurebera hamwe icyakorwa ngo iriya ntambara ihoshe.

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky nawe aherutse kuvuga ko yavuganye na Trump bemeranya ko hari icyizere ko amahoro arambye yagaruka binyuze mu kurangiza iriya ntambara.

BBC yanditse ko ipfundo ryo guhagarika iriya ntambara rishingiye ku cyizere Ukraine yari ifite cyo kujya muri OTAN kiri kuyoyoka kandi ibi nta kuntu bitashimisha Putin.

Bivugwa ko Trump aherutse kuganira na bagenzi be bafite ibihugu biri muri OTAN baragenzura basanga iby’uko Ukraine yababera umunyamuryango bisa n’ibitakiri ngombwa.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bwa Ukraine bushobora kutishimira uko ibintu byifashe muri iki gihe kuko bigaragara ko ibyo bwashakaga bitazagerwaho.

Icyakora Zelensky arateganya kuzahura na Visi Perezida wa Amerika witwa JD Vance akazaba ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio mu nama y’umutekano izabera muri Ukraine kuri uyu wa Gatanu.

Trump we yanditse ati: “ Iki ni igihe cyo guhagarika iyi ntambara yaguyemo benshi kandi igasenya byinshi bitari ngombwa. Imana ihe umugisha abaturage ba Ukraine n’abaturage b’Uburusuiya”.

Yanavuze ko hari gahunda yo kuzahura imbonankubone na Putin bakaganira, bikaba biteganyijwe ko bazahurira muri Arabie Saoudite.

Umuvugizi wa Perezidansi y’Uburusiya witwa Dmitry Peskov nawe avuga ko iki ari igihe kiza cyo kwicarana ku mpande zirebwa n’iriya ntambara bagasasa inzobe.

Trump ndetse aherutse guca amarenga y’ibishobora kuzaganirwa mu biganiro by’amahoro biteganyijwe, birimo no kureba niba ibice Ukraine yambuwe n’Uburusiya mu mwaka wa 2014 byayigarukira.

Yavuze ko Ukraine hari ibyo itazasubizwa, ariko avuga ko bishoboka nanone ko hari ibyazahinduka mu byemezo bizafatwa hashingiwe ku miterere y’uko ibiganiro bizagenda.

Ubwongereza bwo bwemeza ko buzakomeza kuba inyuma ya Ukraine uko bizagenda kose.

Abanyamateka bemeza ko intambara Uburusiya bwagabye kuri Ukraine muri Gashyantare, 2022 yari iyo gukoma imbere umugambi OTAN yari isangiye na Amerika wo kuyinjizamo Ukraine.

Putin yararebye asanga Ukraine iramutse ibaye umunyamuryango wa OTAN byaha abanzi be amarembo yo kumutera no kumudurumbanya.

Intambara kandi yari igamije kwereka Joe Biden ko adashobora kugambanira Uburusiya ngo bubirenze ingohe.

Kuba Trump yaravuganye na Putin Perezida wa Ukraine atabizi nabyo byerekana ko nta mwanya munini afite mubyo bariya bagabo bateganya kwigaho mu gihe kiri imbere.

Kugeza ubu intambaraya Ukraine n’Uburusiya yamaze kugwamo abantu benshi babarirwa mu bihumbi kandi ku mpande zombi.

Abenshi muri bo ni abasirikare bivugwa ko barimo n’abo muri Koreya ya Ruguru bagiye kurwana ku ruhande rwa Putin.

TAGGED:AbaturageAmahoroBurusiyafeaturedIntambaraPutinTrumpUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yeruye Ko Nta Kibi Kiri Mu Gufasha M23
Next Article Abanya Arabie Saoudite Barashaka Kurushaho Gushora Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?