Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiherutse Kuba Kuri Amerika Byashimishije Abashinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibiherutse Kuba Kuri Amerika Byashimishije Abashinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa na bimwe mu binyamakuru bw’i Washington. Byemeza ko kuba hari amabanga Amerika yibwiraga ko ibitse neza ahantu hagerwa n’abantu mbarwa ariko bikarangira agiye ku karubanda, byabaye inkuru nziza ku Bushinwa.

Mu minsi mike ishize, abashinzwe kurinda amabanga ya gisirikare y’Amerika batunguwe no kubona inyandiko zirenga 100 zirimo interuro n’amafoto asobanuwe neza, yerekana imikoranire ya Amerika na Ukraine mu ntambara iki gihugu kiri kurwana n’u Burusiya zishyirwa ku mugaragaro.

Kuba amabanga y’Amerika yaragiye ku karubanda mu buryo itateganyaga, byatumye ab’i Beijing bishima kubera ko babonye ko Amerika nayo ifite intege nke no mu rwego rukomeye nk’urw’umutekano w’igihugu n’amabanga yacyo.

The Bloomberg yanditse ko uko byaba byaragenze kose ndetse n’icyo Amerika yaba yarakoze ngo ivumbure uwatanze ariya mabanga, ibyabaye byeretse isi ko Amerika nayo ifite ibyuho mu byo ikora.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Tugarutse ku byerekeye umubano w’u Bushinwa n’Amerika, Perizida w’u Bushinwa amaze iminsi ari mu ntsinzi nyinshi.

Nyuma yo gusurwa na Perezida Emmanuel Macron amuzaniye ubutumwa bw’uko yafasha mu kuba umuhuza hagati ya Putin na Zerensky, Macron yaganiriye na Xi, uyu nawe agira icyo amutuma ku bandi Banyaburayi.

Yamusabye kuzumvisha bagenzi be ko guhora bakorera mu kwaha kw’Amerika ari bo bihombya.

Macron yaramwumviye  ndetse ubwo yageraga i Paris yaganiriye na Politico ayibwira neza neza ibikubiye mu butumwa Xi yari yamutumye ku Banyaburayi.

Abanyaburayi n’Abanyamerika muri rusange batunguwe kandi barakazwa n’ubwo butumwa.

- Advertisement -

Uyu mujinya wabo wabaye isoko y’ibyishimo mu bakozi ba Perezidansi y’u Bushinwa kubera ko yari intsinzi muri Dipolomasi yabwo.

Macron yabwiye abandi Banyaburayi ko badakwiye kwiteranya n’u Bushinwa bapfa ikitwa cya Taiwan kubera ko Amerika iboshya.

Indi ntsinzi abahanga bavuga ko u Bushinwa buri gutsinda Amerika ni uko Perezida wa Brazil Luiz Inacio Lula da Silva yasuye ibiro by’ikigo cy’ikoranabuhanga cy’Abashinwa kitwa Huawei Amerika isanzwe yarafatiye ibihano.

Nyuma yo gusura uru ruganda, Da Silva azahura na Perezida Xi baganire ku cyakorwa ngo intambara yo muri Ukraine ihagarare.

Tugarutse ku by’inyandiko 100 z’ubutasi bw’Amerika muri Ukraine no ku mubano wayo n’inshuti zayo zirimo na Israel, The Washington Post yanditse ko hari umusore muto ufite mu myaka 20 y’amavuko ukekwaho kugera kuri ariya makuru kandi akayatangaza nyuma yo guhabwa amadolari ataratangazwa umubare.

Icyakora iperereza rirakomeje…

TAGGED:AmerikaBushinwaInyandikoPerezidaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niba u Rwanda Rushaka Guhaza Abarutuye Niruhinge Kijyambere
Next Article Rutsiro: Uwihaye Imana Akurikiranyweho Kwimana Ambulance Yo Gutabara Umurwayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?