Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiherutse Kuba Kuri Amerika Byashimishije Abashinwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibiherutse Kuba Kuri Amerika Byashimishije Abashinwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa na bimwe mu binyamakuru bw’i Washington. Byemeza ko kuba hari amabanga Amerika yibwiraga ko ibitse neza ahantu hagerwa n’abantu mbarwa ariko bikarangira agiye ku karubanda, byabaye inkuru nziza ku Bushinwa.

Mu minsi mike ishize, abashinzwe kurinda amabanga ya gisirikare y’Amerika batunguwe no kubona inyandiko zirenga 100 zirimo interuro n’amafoto asobanuwe neza, yerekana imikoranire ya Amerika na Ukraine mu ntambara iki gihugu kiri kurwana n’u Burusiya zishyirwa ku mugaragaro.

Kuba amabanga y’Amerika yaragiye ku karubanda mu buryo itateganyaga, byatumye ab’i Beijing bishima kubera ko babonye ko Amerika nayo ifite intege nke no mu rwego rukomeye nk’urw’umutekano w’igihugu n’amabanga yacyo.

The Bloomberg yanditse ko uko byaba byaragenze kose ndetse n’icyo Amerika yaba yarakoze ngo ivumbure uwatanze ariya mabanga, ibyabaye byeretse isi ko Amerika nayo ifite ibyuho mu byo ikora.

Tugarutse ku byerekeye umubano w’u Bushinwa n’Amerika, Perizida w’u Bushinwa amaze iminsi ari mu ntsinzi nyinshi.

Nyuma yo gusurwa na Perezida Emmanuel Macron amuzaniye ubutumwa bw’uko yafasha mu kuba umuhuza hagati ya Putin na Zerensky, Macron yaganiriye na Xi, uyu nawe agira icyo amutuma ku bandi Banyaburayi.

Yamusabye kuzumvisha bagenzi be ko guhora bakorera mu kwaha kw’Amerika ari bo bihombya.

Macron yaramwumviye  ndetse ubwo yageraga i Paris yaganiriye na Politico ayibwira neza neza ibikubiye mu butumwa Xi yari yamutumye ku Banyaburayi.

Abanyaburayi n’Abanyamerika muri rusange batunguwe kandi barakazwa n’ubwo butumwa.

Uyu mujinya wabo wabaye isoko y’ibyishimo mu bakozi ba Perezidansi y’u Bushinwa kubera ko yari intsinzi muri Dipolomasi yabwo.

Macron yabwiye abandi Banyaburayi ko badakwiye kwiteranya n’u Bushinwa bapfa ikitwa cya Taiwan kubera ko Amerika iboshya.

Indi ntsinzi abahanga bavuga ko u Bushinwa buri gutsinda Amerika ni uko Perezida wa Brazil Luiz Inacio Lula da Silva yasuye ibiro by’ikigo cy’ikoranabuhanga cy’Abashinwa kitwa Huawei Amerika isanzwe yarafatiye ibihano.

Nyuma yo gusura uru ruganda, Da Silva azahura na Perezida Xi baganire ku cyakorwa ngo intambara yo muri Ukraine ihagarare.

Tugarutse ku by’inyandiko 100 z’ubutasi bw’Amerika muri Ukraine no ku mubano wayo n’inshuti zayo zirimo na Israel, The Washington Post yanditse ko hari umusore muto ufite mu myaka 20 y’amavuko ukekwaho kugera kuri ariya makuru kandi akayatangaza nyuma yo guhabwa amadolari ataratangazwa umubare.

Icyakora iperereza rirakomeje…

TAGGED:AmerikaBushinwaInyandikoPerezidaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niba u Rwanda Rushaka Guhaza Abarutuye Niruhinge Kijyambere
Next Article Rutsiro: Uwihaye Imana Akurikiranyweho Kwimana Ambulance Yo Gutabara Umurwayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?