Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibihugu Bikennye Nabyo Bishobora Gukira- Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibihugu Bikennye Nabyo Bishobora Gukira- Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2023 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanga mu bukungu akaba na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko kuba hari ibihugu byahoze bikennye nyuma bikaza gukira ari ikimenyetso ko n’ibikennye muri iki gihe bishobora kuzakira.

Umunyarwanda witwa Nkurunziza yigeze kuririmba ko ‘ubukene bw’akarande atari isezerano.’

Mu buryo busa n’ibyo umuhanzi Nkurunziza yaririmbye, Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente yabwiye abandi banyacyubahiro bahuriye i Doha muri Qatar ko amateka ya vuba aha yerekana ko hari ibihugu byahoze bikennye ndetse cyane ariko byakize.

Kuri we, iyo ni ingingo yerekana ko n’ibihugu bikennye muri iki gihe bishobora kuzakira.

Ngirente avuga ko iyo hari imiyoborere myiza, ibintu bigakorwa uko byagenwe, intego zigerwaho.

Ashimangira ko imiyoborere ihamye ari inkingi ikomeye yo guteza imbere ubukungu, igihugu kigakira.

60% by’ibihugu by’Afurika biri mu rwego rw’ibikennye kurusha ibindi ku isi.

Muri byo harimo n’u Rwanda.

Imiyoborere mibi ntisigana n’amakimbirane akurira cyangwa atuma ubukene bwiyongera.

Abaturage ntibaba bagikora, n’abakora nta cyizere kirambye bagira cy’uko ejo ibintu bizaba byiza kurushaho.

Abantu bahorana ubwoba.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko n’ubwo hari ibihugu bikennye, ku rundi ruhande, hari ibiteganya kuzaba byavuye mu bukene ‘mu myaka mike’ iri imbere.

Avuga ko imwe mu ngamba zizafasha ibyo bihugu kuva mu bukene, ari ukwiga uko ibindi byabwikuyemo kugira ngo bibyigireho.

Ati: “…ayo masomo yifashishijwe neza yatuma ibihugu bizamuka bikajya mu kindi cyiciro. Ntabwo twifuza kuguma iteka ryose mu cyiciro cy’ibihugu biri mu nzira y’iterambere.”

Ngirente avuga ko nta bantu aho bava bakagera bashobora kwihanganira no kwakira kuguma mu bizazane biterwa n’ubukene.

Haracyari ibiheza abantu mu bukene…

Icyizere Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente afite gifite ishingiro ariko kuva mu bukene bisigaye bigoye cyane kubera impamvu zitandukanye zirimo n’izo abantu bazahazwa n’ubukene baba batikururiye.

Muri zo harimo ingaruka z’ibiza, izishingiye ku mihindagurikire y’ikirere n’ibindi bibera hirya no hino ku isi bikagira ingaruka ku bantu batabigizemo ruhare.

Mu mwaka wa 2020 isi yose yamaze hafi umwaka abantu bifungiranye mu nzu, badakora kubera icyorezo cyadukiye mu Bushinwa gikirwa isi mu gihe kitageze ku mezi atandatu.

Abantu batakaje akazi, abandi bagabanyirizwa imishahara, ibigo birahomba, Banki nazo zibura amafaranga ahagije.

Aho ibintu bitangiriye kuzanzamuka, muri Gashyantare, 2022 u Busuriya bwatangije intambara kuri Ukraine, iba ihindutse ikindi cyago kije gusonga mwenemuntu.

Ibiciro by’ibyangombwa bikomeye mu mibereho y’ubukungu bw’isi byahise bizamuka.

Birimo iby’ibikomoka kuri Petelori, ingano, amavuta, ibiciro ku isoko birushaho kuzamuka, abantu babura ubushobozi buhagije bwo guhaha.

Ibi byaje byiyongera cyangwa bikomezwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zatumye abahinzi bo mu bihugu bisanzwe bikennye barumbya, ubu inzara ikaba inuma hirya no hino muri Afurika no mu bice bike by’Aziya.

Hagati aho kandi ibihugu bikennye bisanganywe imyenda ibiremereye bifitiye ibikize.

Ibibazo ibi bihugu bisanganywe nk’uko twabivuze haruguru, byatumye n’uburyo bwari bwarateguwe bwo kwishyura iriya myenda bukomwa mu nkokora.

Muri iki  gihe haribazwa niba ibyo bihugu byasonerwa umwenda cyangwa byahabwa igihe kirekire cyo kuzawishyura mu byiciro!

 

 

TAGGED:AfurikafeaturedIbihuguIbyorezoIndwaraNgirenteRwandaUbukene
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruzi Rw’Akagera ‘Rugiye’ Kubyazwa Umusaruro Mu Bundi Buryo
Next Article Ese M23 Irahagarika Imirwano Nk’Uko Ibisabwa?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?