Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikoresho Byo Kubakira Umusaza Nyagashotsi ‘Wabaye Inyenzi’ Byahageze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ibikoresho Byo Kubakira Umusaza Nyagashotsi ‘Wabaye Inyenzi’ Byahageze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2021 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusaza Nyagashotsi Epimaque yigeze kuba umurwanyi mu bitwaga Inyenzi ndetse ngo yafatanyije n’abarwanyaga Hitler mu Ntambara ya Kabiri y’Isi. Ubu afite imyaka 101.

Uyu musaza atuye mu Mudugudu wa Kamamesa, mu Kagari ka Ndatemwa mu  Karere ka Gatsibo. Iwe abana n’abuzukuru be babiri b’abakobwa.

Bamwe mu bahungu be bagize uruhare mu kubohora u Rwanda. Nyuma y’uko atahutse akabaho nabi kandi yarakoreye u Rwanda, aherutse gusaba Perezida Kagame kumusazisha neza, agasazira mu nzu ikomeye kandi afite afite inka zimukamirwa.

Ikifuzo cye ubu kigiye kugerwaho kuko hatangiye imyiteguro yo kumwubakira inzu y’amatafari ahiye, na fondasiyo y’amabuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere hari icyo yari yifuje kubwira Perezida Kagame …

Nyuma yo kutubwira amateka ye n’icyo yamariye u Rwanda, umusaza  Nyagashotsi icyo gihe yatubwiye  ko ‘aramutse ahuye’ n’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yamusaba kumworoza inka kuko muri iki gihe akennye kandi yarakoreye u Rwanda, akarwanya akarengane guhera muri 1960 kuzamura.

Icyo gihe yatubwiye  ko ababazwa cyane n’uko inka ya Kagame[nk’uko abyita]yari yemerewe muri Gira Inka atigeze ayihabwa kuko ubuyobozi bw’ibanze bwabyanze.

Yatubwiye ko abayobozi b’inzego z’ibanze b’aho atuye bamwatse ruswa [ya Frw 2000] ngo bamushyire ku rutonde ahabwe inka ya Gira Inka yanga kuyabaha.

Mu magambo yumvikanamo uburakari n’ubunyangamugayo, yavuze ko mu buzima bwe atigeze atanga  cyangwa ngo yakire ruswa, bityo ko ‘atabikora ashaje.’

- Advertisement -

Yibaza niba abayobozi b’inzego z’ibanze barishyiriyeho Guverinoma yabo iharanira ko ruswa yimikwa.

Ikindi yatubwiye ko kimubabaza ni uko n’amafaranga ya VUP yemerewe kugira ngo amufashe kugura iby’ibanze mu buzima atayabonye, kugeza n’ubu akaba abayeho nabi.

Bakomeje kumuhundagazaho amasezerano…

Inkuru ya Taarifa ku buzima bubi bwa Nyagashotsi yatumye ubuyobozi bw’ibanze bumwegera bugira icyo bumusezeranya.

Umusaza Epimaque Nyagashotsi bukeye bw’aho yatubwiye ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiziguro yamusuye aherekejwe n’ushinzwe imibereho myiza mu kagari ka Ndatemwa bamwizeza inka no kumwubakira igikoni.

Yabwiye Taarifa ati: “Banyijeje kumpa inka bakanyubakira igikoni. Ubu ndishimye cyane kandi nzakomeza ntegereze nihanganye.”

Hashize ibyumweru birenga bibiri yijejwe kubakirwa.

Muri iki Cyumweru turi kurangiza, imodoka zatangiye kumena amatafari n’umucanga mu kibanza cy’aho Nyagashotsi atuye.

Amakuru dufite yemeza ko mu kumwubakira Ingabo z’u Rwanda zizabigiramo uruhare ndetse ngo imirimo iratangira mbere y’uko Werurwe, 2021 irangira.

Uyu musaza yakoreye u Rwanda. Yifuza ko yasaza neza
Iyi nzu irashaje. Nta gikoni igira, batekera hanze imvura yagwa bakimurira inkono mu nzu.
Hari ikizere ko agiye kubakirwa inzu ikomeye
Dufite amakuru avuga ko RDF izagira uruhare mu kubakira inzu umusaza Nyagashotsi

TAGGED:featuredInyenziInzuKagameNyagashotsiUmusaza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Umuyobozi Wa ADEPR Ukurikiranyweho Gukorana N’Umutwe W’Iterabwoba
Next Article Polisi Y’U Rwanda Ikomeje Kwiyubakira Ubunyamwuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?