Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Y’u Rwanda Na Mali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Y’u Rwanda Na Mali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi b’u Rwanda n’aba Malai ku rwego rwa ba Minisitiri bamaze iminsi bahanira ku msezerano hagati y’ibihugu byombi. Ayo masezerano yaraye asinywe.

Ibiganiro bya nyuma kuri yo byabaye mu minsi itatu yatangiye ku wa 25-27 Gicurasi 2024.

Ayaraye asinywe arimo ayerekeye ubutabera, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, peteroli na gaz, ubuhinzi, uburobyi, ibidukikije, guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, guteza imbere ubukerarugendo, uburezi mu mashuri makuru, ubwikorezi, urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu n’ibindi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta avuga ko kuva Mali yafungura Ambasade yayo mu Rwanda muri Gashyantare 2017 hari byinshi byakozwe mu bubanyi n’amahanga n’u Rwanda.

Hagati aho kandi hari andi masezerano mu ngeri zitandukanye yasinywe mu 2023.

Biruta avuga ko amasezerano 19 yashyizweho umukono kuri uyu wa Mbere taliki 27 Gicurasi 2024 ari no mu nzego z’ubuzima, umutekano, ubuhinzi, ikoranabuhanga, umuco no guteza imbere ishoramari.

Yabwiye itangazamakuru ati: “Twizeye ko nyuma y’aha kugira ngo aya masezerano ashobore gushyirwa mu bikorwa, iri tsinda rihuriweho ry’impande zombi rizakorana bakungurana ibitekereza, bakumva kimwe imishinga iri mu ngeri zinyuranye hagamijwe inyungu z’impande zombi”.

Hagati aho hari andi masezerano ari gutunganywa akazashyirwaho umukono mu gihe gito kiri imbere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Mali, Abdoulaye Diop nawe avuga ko umubano w’u Rwanda na Mali uhagaze neza kandi ko wungura buri ruhande.

Diop yavuze ko hashingiwe ku mirimo impande zombi ziri gukora, bigaragaza ko u Rwanda na Mali bizakomeza kungukira byinshi muri uyu mubano mwiza.

Biteganyijwe ko inama ya mbere izahuza iyi komite ihuriweho n’ibihugu byombi yiga ku masezerano atandukanye yashyizweho umukono n’imishinga iyakubiyemo izabera muri Mali mu bihe biri imbere.

TAGGED:AmasezeranoBirutafeaturedMaliMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intumwa Yihariye Ya UN Yakiriwe Na Perezida Kagame 
Next Article Pariki Y’Akagera Yatangiye Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?