Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibikubiye Mu Masezerano Y’Ubufatanye Yasinywe Hagati Ya Turikiya Na DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ibikubiye Mu Masezerano Y’Ubufatanye Yasinywe Hagati Ya Turikiya Na DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2022 3:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ngoro ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo hasinyiwe amasezerano y’ubufatanye burambye hagati ya Turikiya n’iki gihugu kiri mu bikungahaye ku mutungo kamere kurusha ibindi ku isi.

Mu masezerano basinye harimo avuga iyubakwa ry’umuhanda mugari w’ibilometero 1083 ndetse ngo kiriya gihugu kizafasha Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka umuhanda wa gari ya moshi uzava ahitwa Banana ukagera i Kinshasa.

Umujyi wa Banana uri ku nkombe y’Inyanja ya Atlantique  mu bilometero bicye kugira ngo ugere mu murwa mukuru Kinshasa.

Umujyi wa Banana uturanye n’Inyanja ya Atlantique

Muri ariya masezerano kandi harimo ibika bivuga ko Turikiya izafasha Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubaka ibikorwaremezo ku cyambu cy’Uruzi rwa Congo no mu bindi bituranye n’iki cyambu.

Harimo kandi ingingo ivuga k’ubufatanye mu bya gisirikare no mu rwego rw’inganda.

Ibihugu byombi byiyemeje gukorana muri byinshi

Perezida Recip Tayyip Erdogan yahisemo kubanza gusura Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu ruzinduko ari mo muri Afurika.

Nyuma y’uko we n’itsinda yari ayoboye babonanye n’abayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Perezida Erdogan yahise afata indege yerekeza mu kindi gihugu cy’Afurika kiri ku rutonde rw’ibyo azasura.

Turikiya iherutse gukoresha inama yayihuje n’ibihugu by’Afurika. Ni inama yitabiriwe n’Abakuru b’ibihugu by’uyu mugabane barimo n’uw’u Rwanda Paul Kagame.

Ni inama yabereye mu Nzu mberabyombi yitwa Istanbul Congress Center.

Yari Inama ya gatatu ihuje Turikiya n’Afurika. Mu Cyongereza bayita Africa-Turkey Partnership Summit.

Abayobozi mu bihugu byombi basinyanye amasezerano mu bufatanye mu nzego nyinshi

Ibiganiro byo kuri uyu wa Gatandatu mu gitondo byiganje ku mikoranire inoze hagati y’Afurika na Turikiya.

Ku rundi ruhande ariko, u Rwanda na Turikiya bifitanye umubano ufite ejo hazaza.

Turikiya ni igihugu gishaka kugira ijambo muri Afurika nk’uko n’ibindi bihugu bikomeye nk’u Bushinwa, Amerika, Israel, u Bwongereza, u Bufaransa n’ibindi birihafite.

Ni kimwe mu bihugu byafunguye vuba Ambasade yabyo mu Rwanda.

Iki gihugu gikora kuri Aziya n’u Burayi kandi kikaba ari kimwe mu bifite ubukungu n’igisirikare byihagazeho, gikorana n’u Rwanda mu nzego zitandukanye harimo n’uburezi.

TAGGED:AfurikaCongoErdoganfeaturedIgisirikareKinshasaTurikiyaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IMF: Uruganda Rwa Politiki Z’Imari N’Ubukungu Zitegeka Isi
Next Article Dr Paul Farmer Washinze Kaminuza y’i Butaro Yitabye Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?