Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama y’iminsi ibiri yaraye itangiye mu Rwanda, Perezida Paul Kagame yavuze ko imikoranire hagati y’abikorera ku giti cyabo na Leta ishobora guteza imbere Afurika kuko kuba byarashobotse ahandi no kuri uyu mugabane naho bishoboka.

Iyo nama Perezida Kagame yatangije ni inama ihuza abayobozi bakuru b’ibigo binyuranye yitwa Africa CEO Forum, ibaye ku nshuro ya kabiri.

Mbere y’uko Kagame ageza iryo jambo kubamwumvaga, yabanjirijwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Jeune Afrique ari nacyo cyashinze iryo huriro witwa Amir Ben Yahmed asaba abikorera muri Afurika guhindura imyumvire.

Guhindura imyumvire bivuze ko byatuma batinyuka gukorera hamwe na bagenzi babo binyuze mu mikoranire hagati y’ibihugu.

40% by’ishoramari rikorerwa muri Afurika rituruka hanze yayo.

Ikindi kibazo Yahmed avuga ko kidindiza ishoramari muri Afurika ni uko niyo haje abashoramari baturutse hanze yayo, baba ‘atari aba nyabo.’

Yahmed avuga ko kugira ngo Afurika igire icyo igeraho ari na ngombwa ko igira ubuyobozi buhamye kandi bubazwa inshingano.

Makthar Diop uyobora Ikigo mpuzamahanga mu by’imari avuga ko ikoranabuhanga rikwiye gukomeza kongererwa imbaraga kugira ngo urubyiruko n’abandi babifitiye ububasha babashe kuribyaza imishinga.

Ashima u Rwanda ko rwemereye abanyamahanga bose kuza mu Rwanda nta viza kugira ngo bahakorere akazi.

Ibi, kuri Mokthar, byagombye gukorwa n’ahandi mu bihugu by’Afurika kugira ngo ubumenyi bw’abatuye uyu mugabane buhanahanwe nta yindi nkomyi.

Kugeza ubu abaturage ba Afurika ni Miliyari 1.2, bakaba bangana na 20% by’abatuye isi.

Kagame yabwiye abayobozi muri Afurika ko bakwiye gukorana bya hafi n’abakorera ku giti cyabo kugira ngo iterambere rigerwego kandi rize rikomatanyije.

Ati: “ Kugira ngo dutere imbere mu by’ukuri, tugomba guhindura imyumvire kandi gukorana no kongerera agaciro ibyo gukora tukabigira intego. Si byiza ko dutegereza ko abantu baza bagacukura mu butaka nyuma bakazabigarura byongerewe ikoranabuhanga bakabitugurisha biduhenze. Kubihindura bizasaba igihe ariko tuzabishobora”.

Asaba abafata ibyemezo kujya bahaguruka bagashyira mu bikorwa ibyo bemeye, aho kubigumisha mu Biro kuko ibyo ari byo byatuma ibisubizo biboneka.

Perezida Kagame avuga ko niba ikintu gishobora gukorwa aho ari ho hose ku isi gishobora gukorwa no muri Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedIbigoIkoranabuhangaIterambereKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaza W’imyaka 73 Wakatiwe Na Gacaca Akihinduranya Amazina Yafashwe
Next Article Gitifu Wanugwanugwaga Kurya Amafaranga Y’Abaturage Yasezeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?