Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama y’iminsi ibiri yaraye itangiye mu Rwanda, Perezida Paul Kagame yavuze ko imikoranire hagati y’abikorera ku giti cyabo na Leta ishobora guteza imbere Afurika kuko kuba byarashobotse ahandi no kuri uyu mugabane naho bishoboka.

Iyo nama Perezida Kagame yatangije ni inama ihuza abayobozi bakuru b’ibigo binyuranye yitwa Africa CEO Forum, ibaye ku nshuro ya kabiri.

Mbere y’uko Kagame ageza iryo jambo kubamwumvaga, yabanjirijwe n’umuyobozi w’Ikinyamakuru Jeune Afrique ari nacyo cyashinze iryo huriro witwa Amir Ben Yahmed asaba abikorera muri Afurika guhindura imyumvire.

Guhindura imyumvire bivuze ko byatuma batinyuka gukorera hamwe na bagenzi babo binyuze mu mikoranire hagati y’ibihugu.

40% by’ishoramari rikorerwa muri Afurika rituruka hanze yayo.

Ikindi kibazo Yahmed avuga ko kidindiza ishoramari muri Afurika ni uko niyo haje abashoramari baturutse hanze yayo, baba ‘atari aba nyabo.’

Yahmed avuga ko kugira ngo Afurika igire icyo igeraho ari na ngombwa ko igira ubuyobozi buhamye kandi bubazwa inshingano.

Makthar Diop uyobora Ikigo mpuzamahanga mu by’imari avuga ko ikoranabuhanga rikwiye gukomeza kongererwa imbaraga kugira ngo urubyiruko n’abandi babifitiye ububasha babashe kuribyaza imishinga.

Ashima u Rwanda ko rwemereye abanyamahanga bose kuza mu Rwanda nta viza kugira ngo bahakorere akazi.

Ibi, kuri Mokthar, byagombye gukorwa n’ahandi mu bihugu by’Afurika kugira ngo ubumenyi bw’abatuye uyu mugabane buhanahanwe nta yindi nkomyi.

Kugeza ubu abaturage ba Afurika ni Miliyari 1.2, bakaba bangana na 20% by’abatuye isi.

Kagame yabwiye abayobozi muri Afurika ko bakwiye gukorana bya hafi n’abakorera ku giti cyabo kugira ngo iterambere rigerwego kandi rize rikomatanyije.

Ati: “ Kugira ngo dutere imbere mu by’ukuri, tugomba guhindura imyumvire kandi gukorana no kongerera agaciro ibyo gukora tukabigira intego. Si byiza ko dutegereza ko abantu baza bagacukura mu butaka nyuma bakazabigarura byongerewe ikoranabuhanga bakabitugurisha biduhenze. Kubihindura bizasaba igihe ariko tuzabishobora”.

Asaba abafata ibyemezo kujya bahaguruka bagashyira mu bikorwa ibyo bemeye, aho kubigumisha mu Biro kuko ibyo ari byo byatuma ibisubizo biboneka.

Perezida Kagame avuga ko niba ikintu gishobora gukorwa aho ari ho hose ku isi gishobora gukorwa no muri Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedIbigoIkoranabuhangaIterambereKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusaza W’imyaka 73 Wakatiwe Na Gacaca Akihinduranya Amazina Yafashwe
Next Article Gitifu Wanugwanugwaga Kurya Amafaranga Y’Abaturage Yasezeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?