Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibitaro Bya Faysal Bifite Igihombo Cya Miliyari Frw 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ibitaro Bya Faysal Bifite Igihombo Cya Miliyari Frw 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 September 2023 8:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ibitaro byitiriwe umwami Faysal bwatangaje ko mu bubibo bwabwo nta mafaranga ahagije bufite kubera ko hari igihombo cya Miliyari Frw 12 zirenga bwatewe n’abarwayi bambuye ibitaro.

Abayobozi b’iki kigo batangarije Komisiyo y’Abadepite ishinzwe iby’umutungo wa Leta ko mu rwego rwo kuziba iki cyuho, bagiye kuzashyiraho ibiciro byo kwivuza bizatuma ibyo bikemuka.

Ibi bisobanuro babitanze ubwo basobanuraga iby’igihombo umugenzuzi w’imari ya Leta yasanze mu ibarurishamibare y’iki kigo cya mbere mu gutanga ubuvuzi bugezweho.

Raporo y’iriya Komisiyo igaragaza ko ibitaro bya Faysal byamaze igihe ‘kirekire’ bikorera mu gihombo.

Hagaragaramo ko igihombo cy’ibi bitaro cyavuye kuri miliyoni Frw 726 mu mwaka wa 2020, kigera kuri miliyari Frw 1.5 mu mpera za 2021 bivuze ko iki gihombo cyikubye kabiri mu gihe cy’umwaka umwe gusa.

Kuva icyo gihe cyose kugeza ubu, igihombo cy’ibi bitaro kigera kuri miliyari Frw 12.

Umudepite witwa  Jean Damascène Murara yibajije ukuntu ibitaro nkibyitiriwe umwami Faysal bihomba bene ako kageni.

Avuga ko Abanyarwanda atari bo bonyine baza kwivuriza muri biriya bitaro ahubwo ngo haza n’Abarundi, Abanya Uganda n’abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo kandi ngo abenshi barishyura.

Murara yabajijie abo muri Faysal ati: “ Icyo gihombo cyanyu kizarangira ryari?”

Ushinzwe umutungo muri biriya bitaro yabaye nk’uhosha ibibazo by’Abadepite ababwira ko igihombo cyagabanutse kubera ko mu mwaka wa 2021 cyari miliyari Fwr 1.5 ariko mu mwaka wa 2022 kikaba ari miliyoni Frw 125, kandi ngo ibyo birerekana ko ibintu bimeze neza.

Uko bimeze kose ariko ngo hari abarwayi bambura biriya bitaro biganjemo abo ubwisungane bwishyurira.

Abadepite bavuze ko za Guverinoma z’ibihugu abanyamahanga bivuriza muri Faycal baturikamo zagombye kujya zibunganira kugira ngo zidahombya ibitaro bya Faysal.

TAGGED:featuredGuverinomaIbitaroRwandaUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera, Muhanga, Gatsibo…Abarinda Ibirombe Baribasiwe
Next Article Croix Rouge Yatangije ‘App’ Yo Gutabariza Imbabare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Menya Uko u Rwanda Rwakiriye Amasezerano Yasinywe Hagati Ya Kinshasa Na AFC/M23

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

You Might Also Like

Mu mahanga

Trump Ati: “BBC Ngomba Kuyirega Byanze Bikunze”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?