Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibyo Wamenya Kuri Serivisi Zemerewe Gukora Muri Guma Mu Rugo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ibyo Wamenya Kuri Serivisi Zemerewe Gukora Muri Guma Mu Rugo

admin
Last updated: 16 July 2021 10:23 am
admin
Share
SHARE

Guhera kuri uyu wa Gatandatu, abaturarwanda bazinjira mu minsi 10 yo kuguma mu rugo nka bumwe mu buryo bwo guhagarika ikwirakwira rikabije ry’ubwandu bushya bwa COVID-19. Kubera ko ubuzima bw’abantu budahagarara, serivisi zifatwa nk’iz’ingenzi nizo gusa zizakomeza.

Imwe muri serivisi zafunzwe bigatungura benshi ni ubwo bamenyaga ko mu bice byashyizwe muri guma mu rugo, ni ukuvuga mu Mujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, resitora zitemerewe gushyira abantu amafunguro mu ngo cyangwa kuyategurira abayatwara.

Mu mabwiriza yasohowe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, yemeje ko muri serivisi zizakomeza harimo abakora imirimo yo kugemura ibicuruzwa.

Ubucuruzi buzakomeza gukora ni amasoko y’ibiribwa, ubucuruzi bw’inyama, amata n’ibiyakomokaho n’ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga.

Harimo kandi abakora imirimo yo kugenzura ibicuruzwa, serivisi za banki n’ibigo by’imari, ibigo by’ubwishingizi na mobile money, serivisi zo gutwara ibishingwe na serivisi z’isuku za ngombwa, serivisi za gasutamo, amahoro n’imisoro, ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli na gaz na serivisi z’itumanaho.

Biteganywa ko n’inganda zizajya zibanza gusaba uruhushya rutangwa na minisiteri.

Izizakomeza gukora ni iziri mu byiciro by’inganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, zivanamo ibiribwa n’ibinyobwa.

Izindi ni izikora ibikoresho byo kubaka, ibikoresho by’isuku, inganda zikora udupfukamunwa n’ibikoreshwa kwa muganga kimwe n’inganda zikora ibyo gupfunyikamo.

Ubucuruzi buzakomeza bwashyiriweho amabwiriza

Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ivuga ko ubucuruzi buzakomeza gukora butagomba kurenza abakozi 30%, kandi ibikorwa byose bigafungwa saa kumi n’imwe.

Yakomeje iti “Abacuruzi barasabwa kuzajya basimburana mu masoko hakurikijwe uko byumvikanyweho n’ubuyobozi bw’amasoko acuruza ibiribwa, kandi hubahirijwe n’andi mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.”

Abacuruzi kandi basabwe kutazamura ibiciro bishingikirije ibi bihe bya guma mu rugo.

TAGGED:COVID-19featuredGuma mu RugoRDBResitoraUmujyi wa Kigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Izindi Mpunzi n’Abasaba Ubuhungiro Bavuye Muri Libya Bageze Mu Rwanda
Next Article U Bushinwa Bwasabye Amerika Kwirinda Kubukora Mu Jisho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?