Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Leta Y’u Rwanda Yifuza Ku Bafatanyabikorwa Bayo…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo Leta Y’u Rwanda Yifuza Ku Bafatanyabikorwa Bayo…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2023 9:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu hamaze iminsi ibiri hateraniye inama nyungurabitekerezo yahuje intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere. Guverinoma yasabye abafatanyabikorwa bayo kurushaho kuyunganira mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere ku buhinzi.

Iyi nama ngarukamwaka ihuza intumwa za Guverinoma y’u Rwanda muri za Minisiteri zitandukanye hamwe n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere ni ngarukamwaka.

Birumvikana ko iterana mu buryo bw’imbonankubone iyo ibihe bibyemera kuko hashize igihe runaka guterana muri buriya buryo bitoroshye kubera kwirinda COVID-19.

Intumwa za Guverinoma ziturutse muri Minisiteri zitandukanye zirimo iy’imari n’igenamigambi, iy’ikoranabuhanga na Inovasiyo, iy’ibikorwa remezo n’izindi zabwiye abafatanyabikorwa ba Guverinoma ko inkunga batera u Rwanda ishorwa ahakwiye.

Abafatanyabikorwa ba Guverinoma y’u Rwanda bungurana ibitekerezo n’intumwa zayo

Icyakora bemera ko mu myaka nk’itatu ishize, u Rwanda rwahuye n’ibibazo rwatewe n’uko ibintu byari byifashe ku isi muri icyo gihe.

Nyirabayazana ni icyorezo cya COVID-19, intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine ariko cyane cyane ingaruka zakuruwe kandi zigikururwa n’imihindagurikire y’ikirere yatewe n’uko cyashyushye cyane.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe imari ya Leta Richard Tushabe yabwiye Taarifa ko u Rwanda rusaba abafatanyabikorwa barwo mu iterambere gukorana naryo cyane cyane mu kuhira imyaka ihinze ku buso bwegeranyijwe kugira ngo imvura ireke gukomeza kuba isoko yonyine yo kweza.

Ati: “ Amapfa koko yarateye kandi amara igihe, imyaka irarumba. Umusaruro ukomoka ku buhinzi wararumbye. Turakorana n’abafatanyabikorwa bacu mu iterambere ngo turebe uko twajya twuhira ubuso bugari bidufashe kudategereza ko imvura izagwa ngo tweze, hanyuma yabura tukarumbya.”

Richard Tushabe avuga ko ikibazo ubuhinzi bw’u Rwanda bugira ari uko butarabona uburyo burambye bwo kuhira.

Richard Tushabe avuga ko ikibazo ubuhinzi bw’u Rwanda bugira ari uko butarabona uburyo burambye bwo kuhira.

Yemeza ko mu nama bagiranye n’abafatanyabikorwa ba Guverinoma y’u Rwanda mu iterambere, basabye ko ubwo bufatanye bwashyira imbaraga no mu kuhira imyaka.

Umuhuzabikorwa w’Imiryango ishamikiye kuri UN mu Rwanda witwa  Ozonnia Ojielo yavuze ko icyerekezo u Rwanda ruha abafatanyabikorwa barwo cyumvikana neza.

Avuga ko imishinga u Rwanda rutanga iba isobanuwe neza, yerekana uko izashyirwa mu bikorwa kandi mu buryo bushyize mu gaciro.

Ozinnia Ojielo yabwiye itangazamakuru ko mu mwiherero bakoranye na Guverinoma y’u Rwanda baganiriye ku ngingo zirimo aho gahunda zo muri NST 1 zigeze zishyirwa mu bikorwa n’igikenewe kugira ngo ibitarakorwa bikorwe.

Ati: “ Mu by’ukuri dukeneye kurebera hamwe aho NST 1 itagenze neza tukaziba icyo cyuho haba mu buhinzi cyangwa ahandi.”

Avuga ko mu biganiro bagiranye, bazareba niba ahantu runaka hashyizwe imbaraga nyinshi mu gihe cyahise zitahavanwa zigashyirwa ahandi zikenewe kurushaho.

Ku byerekeye gufasha abahinzi, Ozonnia avuga ko bari kureba uko inguzanyo ihabwa abahinzi yakongerwa binyuze mu mikoranire y’abafatanyabikorwa ba Guverinoma mu iterambere na za Banki z’ubucuruzi.

Kugeza ubu igipimo mpuzandengo cy’inguzanyo zihabwa abahinzi ntikirenga 5%.

Ozonnia Ojielo aganira n’abanyamakuru i Rubavu

Umuhuzabikorwa w’imiryango ya UN mu Rwanda avuga ko kugira ngo intego bihaye izakunde, ari ngombwa ko politiki zibigenga zikorwa neza, amategeko akigwaho kandi agatorwa mu Nteko ishinga amategeko kugira ngo ibizakorwa muri ruriya rwego byose bizabe bifite ibisobanuro.

Abanyarwanda bakora ubuhinzi bangana na 70%.

Hari icyizere ku bahinzi…

Taliki 07, Kamena, 2022  mu cyumba Inteko rusange ya Sena y’u Rwanda iteraniramo, habereye Inama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwayo  n’inzego zirimo Minisiteri y’imari n’igenamigambi.

Icyo gihe umuyobozi w’iyi Minisiteri Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko Guverinoma igiye gutangiza umushinga wa miliyari zisaga 300 Frw ugamije ko inyungu ku nguzanyo zigenewe ubuhinzi ziva kuri 24% zikajya munsi ya 10%.

Ni umushinga ugamije kuzafasha abahinzi kubona inguzanyo bazishyura ku nyungu nto kuko Leta izabashyiriramo ‘nkunganire’ izava muri ariya mafaranga.

Indi nkuru wasoma:

Imiryango Ya UN Mu Rwanda Izubakirwa Inyubako Imwe

TAGGED:AbafatanyabikorwafeaturedGuverinomaIterambereLetaNdagijimanaRubavuUbuhinziUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Imvura Y’Amahindu Yangije Hegitari Nyinshi Z’Ibihingwa
Next Article DRC: Abarwanyi Ba ADF Bahitanye Abantu 35
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?