Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo RCS Ivuga Ku Bivugwa Ko Abacungagereza Bashimutwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Icyo RCS Ivuga Ku Bivugwa Ko Abacungagereza Bashimutwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2024 10:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

SP Kabanguka Daniel Rafiki uvugira Urwego rw’igihugu rw’igorora, RCS, avuga ko ibyatangajwe ko hari abacungagereza bashimuswe bakaba baraburiwe irengero mu Karere ka Nyanza aho bacungaga igororero ry’aho ari ibinyoma.

TV/Radio 1 yari iherutse gutangaza ko hari amakuru yahawe n’abaturage bo mu Karere ka Nyanza barimo umugore watakambaga ko umugabo we yamuhamagaye amubwira ko bamushimuse, ko atazongera gupfa kumubona.

Undi muturage avuga ko hari aho ajya yumva ko abantu babuze ariko akungamo ko atakwemeza ko bashimuswe, ahubwo ko iby’uko babuze n’icyatumye babura byabazwa abayobozi b’Urwego bakorera.

Umugore umwe yagize ati: “ Umutware yarabyutse ajya mu kazi yari yaraye no mu rugo, ambwira ko ari bwake konji kuko twari dufite n’ubukwe. Nsigara nkora amasuku, amaze kugenda nka saa si yine, saa tanu mbona yohereje message ati: niwumva telefoni itari ho umenye ko banjyanye”.

Uwo mugore utaratangajwe amazina ye avuga ko kuva icyo gihe atigeze amenya aho umugabo we yarengeye.

Uyu mugore ni uwo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza ahubatse gereza ya Mpanga.

Hari n’abacungagereza bemereye iki kigo cy’itangazamakuru ko hari ikintu kimeze nk’umukwabo kimaze iminsi gikorwa mu bacungagereza b’i Mpanga bakekwaho imikoranire idahwitse na bamwe mu bafunzwe.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’Igorora SP Kabanguka Daniel Rafiki yabwiye Taarifa ko nta mucungagereza waburiwe irengero.

Yatwandikiye ati: “ Ndakumenyesha ko nta mukozi w’Urwego rw’u  Rwanda rushinzwe igorora washimuswe.  Yaba ukorera hano mu gihugu cyangwa imahanga.”

Avuga ko habaye hari ufite umwihariko kuri iki kibazo yatumenyesha imyirondoro y’uwo ashaka kumenya aho aherereye tukamufasha.

Hagati aho amakuru avuga ko abacungagereza bafatiwe i Nyanza bagiye gukurikiranirwa mu Karere ka Rwamagana ahasanzwe haba n’ikigo gitoza abashaka kujya muri aka kazi.

 

TAGGED:AbacungagerezafeaturedIgororaKabangukaUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunsi Navuze Ko Naniwe Hazahita Hashyirwaho Undi
Next Article Gicumbi: Hamwe Mu Hazaturuka Inyambo Zizerekanwa Mu Rukari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?