Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ifoto Ivuga: Gukingira Umunyarwanda Icyago Cyose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ifoto Ivuga: Gukingira Umunyarwanda Icyago Cyose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 February 2022 12:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku rubuga rwa Twitter rw’Akarere ka Nyabihu  hari ifoto yerekana umwe mu basirikare ba RDF afite imbunda ku rutugu ari no gukingira umuturage.

Ni ifoto yafashwe nyuma y’umuganda wari umaze gukorerwa mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu.

Iyo usesenguye iyi foto ubona ko ibyo uriya musirikare yakoze bifite ubusobanuro bwimbitse.

Mu nshingano z’umusirikare w’u Rwanda iy’ibanze ni ukurinda ubusugire bw’u Rwanda, binyuze mu kurinda ko hari uwarutera ngo aruteshe amahoro aturutse hanze.

Guturuka hanze bivuze ko yakwinjirira ku nzira y’ubutaka cyangwa iyo mu kirere.

No mu mazi ashobora kuhinjirira.

Umusirikare wagaragaye akingira uyu muturage yari ahetse imbunda kandi iki nicyo gikoresho cyo kurinda igihugu.

N’ubwo atari yambaye ingofero ikingira umutwe n’ikoti rikingira igituza, kuba yari afite imbunda byerekana ko ku mutima we yari yiteguye kurinda abaturage icyabatera.

Nyuma yo gukora umuganda, akagira uruhare mu iterambere ry’igihugu mu bikorwa remezo by’i Nyabihu, yateye urukingo rwa COVID-19 umuturage wo muri Kabatwa kugira ngo amurinde kuzazahazwa na kiriya cyorezo niyo cyamufata.

Ikindi ni uko iyo witegereje ku gatambaro kariho izina ry’uriya musirikare ubona ko yitwa KAGIRANEZA.

Umutekano w’Abanyarwanda niwo ntangiriro y’amajyambere yabo yose uko yakabaye.

Niyo mpamvu ingabo z’u Rwanda zigira uruhare mu byabateza imbere  byose zikabarinda icyahungabanya umutekano wabo cyose.

Taliki 08, Gashyantare, 2022 ubwo yagezaga ijambo ku bayobozi bakuru bari bitabiriye umuhango wo kwakira indahiro ya  Minisitiri mushya w’ibikorwaremezo n’umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Perezida Kagame yavuze ko mu bintu byose igihugu gikora kigomba  gushyira umutekano w’Abanyarwanda ku mwanya wa mbere.

Perezida Kagame avuga ko umutekano w’Abanyarwanda ntacyawusimbura
TAGGED:COVID-19featuredIngaboKabatwaNyabihuRDFRwandaUmunyarwandaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarusiya Barashaka Guhanura Ikigo Mu By’Isanzure Cyubatswe Mu Kirere Gipima Toni 500
Next Article Uko Iterambere Mu Kubika Amakuru Mu Ikoranabuhanga Ryakuze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?