Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igabanuka Ry’Ibiciro Bya Petelori ‘Ntirivuze’ Iry’Ibiciro Ku Isoko- Umuhanga Teddy Kaberuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Igabanuka Ry’Ibiciro Bya Petelori ‘Ntirivuze’ Iry’Ibiciro Ku Isoko- Umuhanga Teddy Kaberuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 April 2023 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanga mu by’ubukungu w’Umunyarwanda witwa Teddy Kaberuka yabwiye Taarifa ko n’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri petelori biri kugabanuka nk’uko RURA imaze kubitangaza inshuro ebyiri, bitavuze ko ibiciro ry’ibiribwa bizagabanuka ku isoko.

Icy’ingenzi ni uko umusaruro ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi wiyongera kugira ngo n’ibijyanwa ku isoko bibe bihari bityo umuguzi agabanyirizwe igiciro kuko umusaruro ari mwinshi.

Kaberuka avuga ko kuba ibiciro bigabanuka ari inkuru nziza kuko iyo ibiciro by’ibikomoka kuri Petelori bigabanutse, bituma n’ubucuruzi ‘muri rusange’ budahenda.

Abantu bungukira muri ibi ni abaguzi kubera ko ibikomoka kuri petelori bisanzwe bifatiye runini isoko ni ukuvuga urujya n’uruza rw’abantu ndetse n’urw’ibicuruzwa.

Teddy Kaberuka avuga ko n’ubwo kuba ibiciro biri kugabanuka, u Rwanda rukiri igihugu kidakora ku Nyanja kandi kidacukura na petelori bityo gikenera kuvana ibikomoka kuri petelori mu mahanga.

Bivuze ko kugeza ubu byagorana kwizera ko igiciro kizakomeza ‘kugabanuka’ cyangwa byibura ‘kikaguma aho kiri’.

Ati: “ Igiciro cy’ibikomoka kuri Petelori akenshi kigenwa n’ibihugu bicukura petelori nyinshi.”

Avuga ko muri iki gihe bigaragara ko ibiciro byagabanutse ku isoko mpuzamahanga kandi iyo bigabanutse kuri ririya soko, bigera no ku biciro byo mu bihugu imbere.

Kaberuka avuga ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri Petelori biri kugabanuka ari inkuru nziza kuri bose  kuko iyo biri hejuru bigira ingaruka ku bukungu haba ku bahinzi, aborozi, abaguzi n’abagurisha no ku zindi nzego muri rusange.

Ku rundi ruhande ariko, Teddy Kaberuka yabwiye Taarifa ko ubusanzwe iyo ibicuruzwa by’ibikomoka kuri petelori bigabanutse biba bitavuze byanze bikunze ko n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa nabyo bigabanuka.

Ati: “ Ntabwo ibiciro ku isoko haba mu gihugu cyangwa ahandi bijyana cyane n’ibiciro by’ibikomoka kuri petelori ahubwo kuba ibiribwa bihari cyangwa bidahari ubwabyo bigira uruhare ku biciro.”

Avuga ko ari ngombwa ko n’ibihingwa nabyo biba bihari.

Kuri Teddy Kaberuka, kuba ibiciro bya Petelori byagabanutse ntibivuze ko ingano zari zarabuze zabonetse, ko umuceri weze, ko n’ibindi biribwa ngangurarugo byabonetse.

Umusaruro uhagije uri mu by’ingenzi bigena uko igiciro kiba kimeze ku isoko.

Minisitiri w’ibikorwaremezo Dr. Nsabimana Ernest aherutse kubwira RBA ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanutse bivuze ko mu gihe gito kiri imbere n’ibiciro ku bwikorezi nabyo bizagabanuka.

TAGGED:featuredKaberukaMinisitiriPeteloriUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Yagiye Kurohora Umugore We Bose Amazi Arabica
Next Article William Ruto Yageze mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?