Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 9:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kuririmba agashimisha abari bamuteze amatwi, Rose Muhando yarangije akazi kamuzanye arigendera. Abahanzi b’Abanyarwanda bari bucurangane nawe bamwe ntibaririmbye, harimo Tonzi kubera ko itsinda ribacurangira ryabanje kubyanga kuko ritari ryishyuwe.

Nyuma y’uko bifashe indi sura, abagomba kubishyura bakoze inama y’akanya gato, barangije baragaruka bagira ibyo bemeranyaho n’abo bacuranzi .

Hagati aho uwari umusangiza w’amagambo( Master of Ceremony, MC) yabwiye abari aho kwihangana bagategereza gato.

Ako ‘gato’ yavugaga kamaze isaha irenzeho iminota micye, bamwe bararambirwa barataha kuko bari bamaze kubona ko igitaramo cyarangiriye hariya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko nta makuru y’icyabaye abafana bari bafite bityo baritahira.

Nyuma yo kuganira, abacuranzi bagarutse ku rubyiniro, bafatanyije n’abacuranzi basaba imbabazi abafana kubera uko gutinda.

Muri uko gutinda, Tonzi yahise yitahira.

Ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana uzwi kurusha benshi bakora umuziki umwe.

Tonzi yarambiwe aritahira

Taarifa yaje kumenya ko impamvu y’iriya rwaserera ari uko abacuranzi batari bishyuwe bityo banga gukora akazi baraherwa na ‘avance .’

- Advertisement -

Umunyamakuru wa Taarifa wari uhari avuga ko nyuma y’uko bishyuwe, nibwo bariya bacuranzi bemeye gukomeza akazi.

Gusa amasaha yari yicumye!

Igitaramo kirangiye, habayeho guhemba abahanzi bitwaye neza .

Ku mwanya wa mbere haje, Israel Mbonyicyambu (Mbonyi) wahembwe miliyoni zirindwi( Miliyoni 7Frw),

Israel Mbonyicyambu niwe wahembwe menshi

Aline Gahongayire yabaye uwa kabiri ahembwa miliyoni ebyiri(Miliyoni 2Frw) anavugako bitewe n’urukundo akunda Gaby Kamanzi bazayagabana

Aline Gahongayire ngo azagabana aya mafaranga na Gaby Kamanzi

Ku mwanya wa Gatatu haje Gisubizo Ministries yahembwe milioni imwe( Miliyoni 1Frw)

Hanyuma uwa  Kane aba Rata Jay wahembwe nk’umuhanzi uri kumenyekana neza ahabwo Frw  500 000.

Rwanda Gospel Live Stars ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza ukomoka muri Tanzania witwa Rose Muhando.

Gaby Kamanzi umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda

Mu miririmbire ye, Muhando yeretse bagenzi be bo mu Rwanda ko ari umuhanga koko.

N’ubwo atabivuze ariko bisa n’aho yasabye kumwigiraho bakazamura impano yabo.

Abafana be bo mu Rwanda baririmbye baranabyina biratinda!

Iki gitaramo cyakererewe amasaha ane kugira ngo gitangire. Cyarangiye saa sita z’ijoro zishyira saa saba.

Ntabwo kitabiriwe cyane.

Abandi bahanzi bari bahari ni Mbonyi Israel, Aline Gahongayire, James na Daniella( bagize itsinda rimwe), Tonzi, Théo Bosebabireba na Aimé Frank.

TAGGED:AbahanziAbanyarwandafeaturedImyidagaduroMbonyiMuhando
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nasho-Gako: Uko Abajya Mu Ngabo Z’u Rwanda Batozwa
Next Article Ingaruka Intambara y’u Burusiya Na Ukraine Izagira Ku Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?