Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Igitaramo Rose Muhando Yifatanyijemo N’Abahanzi Nyarwanda Cyajemo Kidobya!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 March 2022 9:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kuririmba agashimisha abari bamuteze amatwi, Rose Muhando yarangije akazi kamuzanye arigendera. Abahanzi b’Abanyarwanda bari bucurangane nawe bamwe ntibaririmbye, harimo Tonzi kubera ko itsinda ribacurangira ryabanje kubyanga kuko ritari ryishyuwe.

Nyuma y’uko bifashe indi sura, abagomba kubishyura bakoze inama y’akanya gato, barangije baragaruka bagira ibyo bemeranyaho n’abo bacuranzi .

Hagati aho uwari umusangiza w’amagambo( Master of Ceremony, MC) yabwiye abari aho kwihangana bagategereza gato.

Ako ‘gato’ yavugaga kamaze isaha irenzeho iminota micye, bamwe bararambirwa barataha kuko bari bamaze kubona ko igitaramo cyarangiriye hariya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi ni uko nta makuru y’icyabaye abafana bari bafite bityo baritahira.

Nyuma yo kuganira, abacuranzi bagarutse ku rubyiniro, bafatanyije n’abacuranzi basaba imbabazi abafana kubera uko gutinda.

Muri uko gutinda, Tonzi yahise yitahira.

Ni umwe mu bahanzi b’indirimbo zihimbaza Imana uzwi kurusha benshi bakora umuziki umwe.

Tonzi yarambiwe aritahira

Taarifa yaje kumenya ko impamvu y’iriya rwaserera ari uko abacuranzi batari bishyuwe bityo banga gukora akazi baraherwa na ‘avance .’

- Advertisement -

Umunyamakuru wa Taarifa wari uhari avuga ko nyuma y’uko bishyuwe, nibwo bariya bacuranzi bemeye gukomeza akazi.

Gusa amasaha yari yicumye!

Igitaramo kirangiye, habayeho guhemba abahanzi bitwaye neza .

Ku mwanya wa mbere haje, Israel Mbonyicyambu (Mbonyi) wahembwe miliyoni zirindwi( Miliyoni 7Frw),

Israel Mbonyicyambu niwe wahembwe menshi

Aline Gahongayire yabaye uwa kabiri ahembwa miliyoni ebyiri(Miliyoni 2Frw) anavugako bitewe n’urukundo akunda Gaby Kamanzi bazayagabana

Aline Gahongayire ngo azagabana aya mafaranga na Gaby Kamanzi

Ku mwanya wa Gatatu haje Gisubizo Ministries yahembwe milioni imwe( Miliyoni 1Frw)

Hanyuma uwa  Kane aba Rata Jay wahembwe nk’umuhanzi uri kumenyekana neza ahabwo Frw  500 000.

Rwanda Gospel Live Stars ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza ukomoka muri Tanzania witwa Rose Muhando.

Gaby Kamanzi umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda

Mu miririmbire ye, Muhando yeretse bagenzi be bo mu Rwanda ko ari umuhanga koko.

N’ubwo atabivuze ariko bisa n’aho yasabye kumwigiraho bakazamura impano yabo.

Abafana be bo mu Rwanda baririmbye baranabyina biratinda!

Iki gitaramo cyakererewe amasaha ane kugira ngo gitangire. Cyarangiye saa sita z’ijoro zishyira saa saba.

Ntabwo kitabiriwe cyane.

Abandi bahanzi bari bahari ni Mbonyi Israel, Aline Gahongayire, James na Daniella( bagize itsinda rimwe), Tonzi, Théo Bosebabireba na Aimé Frank.

TAGGED:AbahanziAbanyarwandafeaturedImyidagaduroMbonyiMuhando
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nasho-Gako: Uko Abajya Mu Ngabo Z’u Rwanda Batozwa
Next Article Ingaruka Intambara y’u Burusiya Na Ukraine Izagira Ku Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Imyidagaduro

Frank Joe Mu Gahinda Ko Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?