Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ihurizo Kuri Tshisekedi: Abadepite Bahoranye Na Kabila Ngo Yarabatengushye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ihurizo Kuri Tshisekedi: Abadepite Bahoranye Na Kabila Ngo Yarabatengushye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2021 11:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Bwana Felix Tshisekedi ari mu rindi hurizo ry’uburyo yacururutsa abamufashije gusenya ishyaka rya Kabila, ubu batishimiye ko batagaragaye mu myanya ikomeye muri Guverinoma aherutse guha inshingano.

Ni Abadepite bo mu ishyaka FCC rya Joseph Kabila, bakaba bavuga ko batishimiye ko Perezida Tshisekedi atabahaye ‘imyanya myiza’ muri Guverinoma aherutse gutangaza iyobowe na Bwana Sama Lukonde Kyenge.

Bariya badepite ejo hashize bakoreye imyigaragambyo imbere y’Ibiro bya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, Bwana Christophe Mboso N’kodia Pwanga, bamagana ko Perezida Tshisekedi atabashimiye ku rugero bamufashijemo kwigaranzura Kabila.

Umwe muri bo yagize ati: “ Iyo urebye uko twitanze ngo dufashe Perezida Tshisekedi ntiwatekereza ko yari butwiture nabi nk’uko yabigenje.”

Abenshi muri bo bavuga ko nibiba ngombwa bazabangamira irahira ry’aba Minisitiri baherutse gushyirwa muri Guverinoma.

Bose uko bakabaye bihurije mu ihuriro bise ‘Révolutionnaires’, aba  bakaba ari bo bashyize umukono ku nyandiko yasabaga ko Madamu Jeannine Mabunda wahoze ayobora Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, yegura.

Muri icyo gihe Imitwe yombi( Uw’Abadepite na Sena)yayoborwaga n’abo ku ruhande rwa Kabila bo mu ishyaka FCC.

Bidatinze bariya badepite basabye ko na Minisitiri w’Intebe Prof Sylvestre Ilukamba Ilunga nawe yegura kandi yareguye.

Baratengushywe…

Bariya Badepite bavuga ko Perezida Tshisekedi atigeze ashyira mu bikorwa ibyo yabasezeranyije by’uko muri Guverinoma hazajyamo n’abahagarariye FCC mu Ntara zitandukanye kandi bakagaragara mo.

Jeune Afrique yanditse ko Uumwe muri bo yagize ati: “ Ibyatubaye ho ni nko guhungira ubwayi mu kigunda. Muri make twaratengushywe.”

Bavuga ko n’ubwo bahawe imyanya runaka muri Guverinoma ariko ikibazo ari  uko bahawe imyanya iciriritse.

Ntibiyumvisha impamvu nta n’umwe muribo wahawe umwanya ukomeye nka Minisiteri y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, iy’ingabo cyangwa iy’ububanyi n’amahanga.

Banenga Perezida Tshisekedi  ko iriya myanya yayihaye abo mu ishyaka rye UDPS n’abo muri Sosiyete Sivili gusa.

Abadepite batishimiye uko imyanya yatanzwe mu bagize Guverinoma  ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo bavuga ko niba ibintu bidashyizwe ku murongo, ngo nabo bahabwe umwanya ufatika bashobora kuzatambamira umuhango wo kurahira kw’abaherutse kuyinjizwamo.

TAGGED:AbadepiteAbaminisitiriDemukarasifeaturedKabilaKongoPerezidaSenaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugabo W’Umwamikazi Elisabeth II Azaherekezwa N’Abantu 30 Gusa
Next Article Béatrice Munyenyezi Ukekwaho Jenoside Yohererejwe U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?