Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi avuga ko mu minota mike ishize, ikamyo yari yafunze umuhanda wambukiranya Nyungwe yavanywe mu nzira, ishyamba ryhongera kuba nyabagendwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo Polisi yatangarije kuri X ko iyo kamyo yari yatumye umuhanda ufungwa kuko yari yaguyemo irawunga.
CIP Hassan Kamanzi avuga ko iyo mpanuka yatewe n’uko umushoferi yarangaye, ayikata nabi atuma igwa.
Ati: “Umushoferi yarangaye, akata ikamyo iragwa, ifunga umuhanda. Hagiye gushira isaha tuyikuye mu muhanda.”
Iyi mpanuka yabereye ahitwa kuri Senkoko muri Nyamasheke ahitwa Kitabi muri Kagano.
Mu gitondo Polisi yari yasabye abantu gukoresha umuhanda wa Nyamasheke-Karongi-Muhanga, Kigali…

