Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Bénin

Umwanditsi wa Taarifa
1 Min Read

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Bénin

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Bénin, Romuald Wadagni, watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Wadagni yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Nzeri 2026, mu ruzinduko rwa mbere agiriye muri iki gihugu kuva yajya ku buyobozi muri Gicurasi uyu mwaka.

Ubwo yageraga muri Village Urugwiro, Perezida Wadagni n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe bakiriwe n’akarasisi k’icyubahiro.

Nyuma yaho, yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida Kagame.

Uru ruzinduko rugamije gukomeza umubano n’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Bénin, ndetse no kwagura imikoranire mu nzego zitandukanye.

Wadagni azasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Mu bikorwa biteganyijwe kuri Perezida wa Bénin harimo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ruherereye ku Gisozi.

Biteganyijwe ko azunamira akanaha icyubahiro inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishyinguye muri uru Rwibutso.

Muri uru ruzinduko kandi hateganyijwe ibiganiro bigamije gutsimbataza umubano w’ibihugu byombi, ndetse n’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye.

U Rwanda na Bénin bikomeje gushaka uburyo bwo guteza imbere ubufatanye bwabyo, binyuze mu biganiro bya politiki, ubukungu n’indi mishinga ihuriweho.

Jimmy GATETE 

TAARIFA RW 

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *