Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikawa Ihingwa Mu Ruhango Igiye Kuvugururwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikawa Ihingwa Mu Ruhango Igiye Kuvugururwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2023 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kuzamura umusaruro w’ikawa yera mu Karere ka Ruhango n’amafaranga ayivamo akikuba gatatu, ubuyobozi bw’aka Karere ku bufatanye n’amakoperative ayihinga, muri ko hagiye guterwa ibiti bivuguruye bigera kuri miliyoni ebyiri.

Umusaruro wa kawa mu Karere ka Ruhango winjirizaga abayihinga agara kuri Miliyari Frw1 uyateranyije mu gihe kingana n’umwaka.

Ubuso bwose bihingwamo iki gihingwa ngengabukungu bungana na hegitari 1,700, bukaba buteweho ibiti miliyoni enye n’igice.

Ibyo nibyo bigiye kongerwaho ibindi biti miliyoni ebyiri.

Ubwoko bwa kawa izitabwaho ni Arabica kandi mu migambi ya Ruhango harimo gushishikariza urubyiruko kubigiramo uruhare rugaragara.

Umwe mu baturage bari muri Koperative zihinga ikawa mu Murenge wa Ntongwe yabwiye Kigali Today ko yishimira ko umusaruro ku muhinzi umwe wo muri Koperative yabo ku isizeni ugera kuri miliyoni Frw 1 ku muntu wateye ibiti byibura 300 bya kawa ndetse na miliyoni Frw 10 ku muturage ufite ibiti 5000 mu gihe cy’umwaka.

Icyakora haracyari imbogamizi ku rubyiruko zituma rutitabira cyane guhinga ikawa.

Umuyobozi w’ihuriro ry’urubyiruko rw’abahinzi (RYAF) mu Karere Ruhango witwa Ismael Munyemana asanga ikibitera ari uko nta butaka rugira bwo gukoreraho ubwo buhinzi,.

Uretse ko n’ubusanzwe ubutaka ari buto hose mu Rwanda, birazwi ko urubyiruko rugira ubutaka ari uko bubuhaweho umunani.

Ni bake cyane bigurira ubutaka bwabo bwite.

Bivuze ko kugira ngo urubyiruko rubone ubutaka buhagije bwo guhinga ikawa nyinshi yaruzamura mu mibereho, Leta igomba kubirufashamo.

Munyemana avuga ko mu rubyiruko rusaga 400 rugize iryo huriro mu Karere ka Ruhango, abagera kuri 20 gusa ari bo bafite ibipimo bya kawa.

Umuyobozi wa Koperative Arabica Coffee Benôit Habinshuti avuga ko mu banyamuryango basaga 50 bafite, batangiye kwinjizamo n’abakiri bato bava kuri batanu(5) bagera kuri 20, ariko nta gipimo kinini cya kawa bafite nk’abandi banyamuryango, ndetse kubinjizamo bisabye irengayobora.

Habinshuti asobanura ko ubundi umunyamuryango wabo agomba kuba afite igipimo cya kawa cy’ibiti 500.

Kugira ngo abo binjizwe muri koperative yabo, byasabye ko bagabanyirizwa ku mubare w’ibiti basabwa kuba bafite, bo bahabwa umwihariko wo kuba bafite ibiti 300.

Ku byerekeye amafaranga y’umugabane, nabwo baraganyirijwe ava Frw 150,000 agera ku Frw 50,000.

Avuga ko kugira ngo urubyiruko rukomeze kwitabira ubuhinzi bwa kawa,  ari byiza gukongera umusaruro kugira ngo abaguzi biyongere, bityo n’abafite ubutaka buto bumve ko bashobora kuyisimbuza ibindi bihingwa kubera ko yinjiza agatubutse.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Rusiribana Jean Marie Vianney, avuga ko mu rwego rwo gufasha abahinzi ba kawa kongera umusaruro, babegereje inganda nto zitunganya toni hafi 20 z’ifumbire mvaruganda ihabwa umuhinzi ku buntu.

Ni ifumbire yatanzwe na NAEB ngo bayishyire kuri kawa.

Asaba abahinzi kwiha gahunda yo gutera ingemwe nshya zateguwe, bagakoresha ifumbire bahawe ngo hazaboneke umusaruro mwiza ugera nko  nk’ibilo 10 ku giti kimwe cyangwa kuzamura.

Asaba urubyiruko rwatangiye ubuhinzi bwa kawa kubishishikariza bagenzi barwo kugira ngo bazasimbure ababyeyi babo muri ubu buhinzi igihe bazaba bageze mu zabukuru.

Bavuga ko nyuma y’amazi, ikawa ari cyo kinyobwa kinyobwa kenshi ku isi
TAGGED:AbaturagefeaturedIkawaKoperativeRuhangoUmuhinziUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M 23 Ivuga Ko Yongeye Gufata Ingabo Z’ Uburundi Zifasha Iza DRC
Next Article Israel Ivuga Ko Yagabanyije Gaza Mo Ibice Bibiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

You Might Also Like

Mu mahanga

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?