Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibazo Cy’Imiti Itakivura Gifite Uburemere Ku Buzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Ikibazo Cy’Imiti Itakivura Gifite Uburemere Ku Buzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2024 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Indwara zimwe zananiye imiti kubera kuyikoresha nabi
SHARE

Abahanga mu by’imiti bavuga ko imibiri y’abaturage yatangiye kutakira imiti runaka kubera ko bayiyimenyereje kandi batayandikiwe n’abaganga. Ni ikibazo abahanga bavuga ko kibangamiye ubuzima rusange kuko byatumye hari imiti itakivura.

Guhera kuri uyu wa Gatanu mu Rwanda hatangiye inama yitabiriwe n’abantu 500 biganjemo abahanga n’abafata ibyemezo bya politiki yo kwiga kuri iki kibazo.

Ubudahangarwa bw’indwara ku miti( Antimicrobial Resistance( AMR) butuma hari imiti itavura.

Kutavura kw’imiti biterwa n’uko umubiri w’umuntu uba warahawe imiti, udukoko tukayimenyera hanyuma ejo uwo muntu yarwara bakamuha iyo miti ntikore.

Inama iri kubera mu Rwanda izarangira ku Cyumweru taliki 24, Ugushyingo, 2024, hakazaba n’urugendo rw’ubukangurambaga kuri iki kibazo ruzaba ku munsi wa Car Free.

Ku rwego mpuzamahanga nabwo hari Icyumweru cyahariwe ubu bukangurambaga bwise World  Antimicrobial Awareness Week (WAAW) gitangira taliki 18 kugeza taliki 24, Ugushyingo, 2024.

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu kita ku buzima Prof Claude Mambo Muvunyi avuga ko ikibazo cy’imiti itakibasha indwara kidashingiye gusa ku bumenyi mu miti n’ubuvuzi ahubwo kireba n’ubuzima bw’ejo hazaza h’ibihugu.

Ati: “ Ikibazo cy’imiti itakibasha indwara si ikibazo cy’ubuhanga mu bushakashatsi gusa ahubwo ni ikibazo kirekire. Kugira ngo turinde ejo hazaza, ni ngombwa ko ibintu bikorwa aka kanya. Igikorwa cyose dukoze uyu munsi kizagira ingaruka ku buvuzi bw’ejo hazaza. Mureke dukomeze ubukangurambaga kuri iki kibazo, dusabe abantu kudakoresha imiti batandikiwe, ngo bayisangire kuko bigira ingaruka”.

U Rwanda, muri iyi nama, ruzatangiza gahunda yo kurwanya iki kibazo yiswe Rwanda’s AMR National  Action Plan 2.0.

Abacuruzi b’imiti nabo basabwa kubikora kinyamwuga, bagaha ababagana imiti bandikiwe n’abaganga cyangwa se bakayibaha barangije kubasuzuma.

TAGGED:IkigoImitiUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Yabwiye Abahaye Ukraine Missiles Ko Bakoze Ikosa Rikomeye
Next Article Nyagatare: Umunyamuryango WA GAERG Bamusanze Mu Mugozi Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?