Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Mpinduramyumvire Ku Bafite Ubumuga, Ubwenge Buruta Ubwiza…Ikiganiro N’uharanira Kuba Miss 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Ikigo Mpinduramyumvire Ku Bafite Ubumuga, Ubwenge Buruta Ubwiza…Ikiganiro N’uharanira Kuba Miss 2022

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2022 1:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sandrine Byiringiro ni umwe mu bakobwa baharanira kuzaba Nyampinga w’u Rwanda 2022. Yahaye ikiganiro itangazamakuru avuga ko natorwa azashinga ikigo gifite muri gahunda zacyo gukangurira abafite ubumuga gukomeza kwigirira icyizere kandi n’abatabufite bakumva ko ababufite bagomba guhabwa umwanya wo kwerekana ko bashoboye.

Yiyamamaje ahagarariye Umujyi wa Kigali akaba afite imyaka 21 y’amavuko, yize muri Lycée de Kigali, yiga imibare, ubukungu n’ubumenyi bw’isi.

Uyu mukobwa ufite ubumuga k’uko yavutse nta ntoki zose afite( afite intoki eshanu) avuga ko n’ubwo afite ubumuga ariko yize kandi akaba afite urwego rw’ubuzima bwiza agezeho.

Umunyamakuru wa Taarifa yamubajije icyo umushinga we ushingiye ho, avuga ko icyo azakora ari kongera kwibutsa Abanyarwanda ko umuntu ufite ubumuga aho yaba ari hose, aba agomba guhabwa umwanya wo kwerekana ko ashoboye.

Yavutse nta kiganza

Kuri we ibyo kugirira umuntu ufite ubumuga impuhwe zitari ngombwa ngo ni uko afite ubumuga gusa, sibyo!

Abajijwe umwihariko w’uwo mushinga we cyane cyane ko mu Rwanda hasanzwe ibigo bifasha abafite ubumuga nka NCPD( National Council of People with Disabilities) n’indi miryango itari iya Leta ifasha muri uru rwego, Sandrine Byiringiro yasubije ko natsindira kuba Nyampinga w’u Rwanda amafaranga azakura muri uwo mushinga azayubakisha ikigo yise ‘mpinduramyumvire’.

Yemeza ko kizakora uko gishoboye kicyegera abaturage, ababyeyi n’abafite ubumuga muri rusange kikabafasha kumva ko abafite ubumuga bashoboye kandi ko icyo bacyeneye atari iterambere batagizemo uruhare.

Byiringiro ati: “ Nzarushaho kwegera abaturage mbabwire ko ufite ubumuga ashaka kandi ashoboye kugira uruhare mu iterambere rye n’iry’igihugu.”

Ubwiza sibwo kamara…

Mu rwego rwo kugerageza ubumenyi bwe, Taarifa yamubajije kuri we hagati y’ubwenge n’ubwiza n’umuco igikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gutoranya Miss, asubiza ko burya ubwenge bubanziriza ibindi.

Ngo ubwiza ntacyo butwaye ariko ntibwaruta ubwenge burimo n’ubwo kumenya kubanira bagenzi bawe neza.

Ati: “ Kuba mwiza ni byiza ariko kuri njye ubwenge ni ingenzi cyane, ntube umuswa mu ishuri ariko nanone ukamenya kubana n’abandi neza.”

N’ubwo afite uburanga ariko avuga ko ubwenge buburuta
Yize imibare, ubukungu n’ubumenyi bw’isi
Yaje ahagarariye Umujyi wa Kigali
TAGGED:AbafiteByiringirofeaturedMiss RwandaNyampingaRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Bane b’u Bufaransa Bafatiwe Muri Centrafrique
Next Article Joe Ritchie: Indi Nshuti y’u Rwanda Yitabye Imana
1 Comment
  • Jemes Kamali says:
    22 February 2022 at 3:52 pm

    Ni byo koko ubwenge nibwo bukwiye kuza mbere y’ubwiza.
    Ariko nanone ntabwo waba uri ikijumba ngo uze kuba miss w’igihugu!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?