Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikinyarwanda: Ururimi Rufite Ubuzima, Ruvugwa Na Miliyoni 40
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikinyarwanda: Ururimi Rufite Ubuzima, Ruvugwa Na Miliyoni 40

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2023 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Buri taliki 21, Gashyantare, uba ari umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana indimi kavukire. Washyizweho mu rwego rwo kubungabunga indimi gakondo zivugwa n’abantu bake cyangwa se zituranye n’izindi ndimi ngari.

Umwe mu ntiti z’Abanyarwanda wazobereye mu by’indimi akaba n’intebe y’inteko nyarwanda y’umuco n’ururimi yungirije Jean Claude Uwiringiyimana avuga ko ku byerekeye ubuzima bw’Ikinyarwanda, byo nta kabuza ko ari ururimi rufite ubuzima.

Uwiringiyimana avuga ko abahanga bameza ko ururimi ruba riri ku marembera iyo ruvugwa n’abandi bari munsi ya 100,000.

Jean Claude Uwiringiyimana

Iyo barenze uwo mubare, urwo rurimi ruba ari ruzima, rutarazima.

Mu kiganiro kitwa Dusangire Ijambo cya RBA, Jean Claude Uwiringiyimana avuga ko Ikinyarwanda ari ururimi rufite ubuzima kubera ko rukoreshwa n’abantu benshi, haba mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Kugeza ubu ngo habarurwa abantu miliyoni 40 bavuga iKinyarwanda.

Iyo abantu bavugaga ururimi runaka bapfuye bagashira, narwo ruba rurangiye.

Bivuze ko uko abantu bakunda kandi bagakoresha ururimi runaka, niko narwo ruramba.

Urugero rw’ibi ni urupfu rw’umugabo umwe wari warasigaye wenyine wapfuye muri Kanama, 2022 ururimi rwe n’umuco we n’abo bahoze basangiye byose byibagirana ubwo.

Ururimi ruramba iyo hari n’aho abantu barwanditse kugira ngo abataruzi bazarwige, baruvuge banarwandike.

Ku byerekeye Ikinyarwanda, Jean Claude  Uwiringiyimana yavuze ko kugira ngo Ikinyarwanda kizarambe, ari ngombwa banecyo bagikunda bakanagikundisha abandi.

Asaba abaha abaturage serivisi kujya bazibaha mu Kinyarwanda kuko ngo iyo umuntu ahawe serivisi mu rurimi yumva ari bwo aba ayihawe neza.

Ikinyarwanda ni ururimi bwoko ki?

Ikinyarwanda ni ururimi rw’Abanyarwanda n’abavuga Ikinyarwanda badatuye u Rwanda.

Kivugwa mu Rwanda no mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Ibindi bihugu bikikije u Rwanda bifite indimi zijya gusa n’Ikinyarwanda: Ikinyarwanda gisa n’Ikirundi, ururimi rw’i Burundi, kigasa n’Igiha cyo muri Tanzania.

Ikinyarwanda gifite umwanya ukomeye mu mibereho y’Abanyarwanda.

Ni rwo rurimi ruha Abanyarwanda ubushobozi bwo kuranga isi, kugaragaza imbamutima, gushyikirana baganira, bungurana ibitekerezo no kugezanyaho ubutumwa.

Ururimi rw’Ikinyarwanda rufite uruhare rukomeye mu guhamya Umunyarwanda udafite isoni n’ubwoba by’umuco we kandi utisuzugura.

Umuco w’u Rwanda ukeneye abawurinda n’abawubungabunga ngo hato imico y’amahanga itawumira. Ibi ni nako bimeze ku Kinyarwanda.

Ibyo ni inshingano y’Abanyarwanda ubwabo.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIkinyarwandaUbuzimaUrurimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyamagabe: ‘Yishe’ Umugabo We Amutaba Mu Gikari
Next Article Tour Du Rwanda: Umunya Eritrea Niwe Watsinze Agace Ka Huye-Musanze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?