Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikoranabuhanga Mu Kurwanya Malaria Riri Kugeragezwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Ikoranabuhanga Mu Kurwanya Malaria Riri Kugeragezwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2024 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Phocas Mazimpaka ushinzwe ishami ryo gukumira indwara mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima avuga ko abashakashatsi b’iki kigo bari gukora igerageza ngo barebe akamaro ko gukumira malaria binyuze mu gukoresha drones zitera imiti mu bishanga bikikije Kigali.

Ni igikorwa bakora rimwe mu byumweru bibiri, bigakorerwa mu gishanga cya Rugende ndetse no mu gishanga cya Kabuye.

Igishanga cya Rugende gifite ubuso bwa hegitari 281 n’aho igishanga cya Kabuye kikagira ubuso bwa hegitari 232.

Aho drones zitageza imiti hifashishwa amapompo asanzwe kugira ngo batere imiti mu bice byihishe, kandi bidafite amazi menshi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Amazi y’ibiziba niyo yororokeramo imibi. Aba agomba kuba amaze byibura icyumweru aretse ahantu

Mazimpaka Phocas avuga ko iyo guteza umuti drones bikozwe bikomatanyije no gutera umuti hakoreshejwe amapompo, bigabanya cyane gukura kw’imibu itera malaria iba isanzwe ituye mu bishanga.

Umubu ntushobora kororoka utabonye ahantu hari amazi ho gutera amagi.

Abahanga bavuga ko imiti iterwa mu bishanga itangiza ibidukikije kandi ngo imibu iza kuyirya iziko ari ibiryo bisanzwe ikaza kuyikoroga ikahasiga ubuzima.

Mu gusuzuma uko ibaganuka ry’imibu rimeze, Mazimpaka avuga ko babipimira ku igabanuka ry’imibi, ni ukuvuga kureba niba densité yayo yaragabanutse.

Nta barura ry’imibi rikorwa, ahubwo bareba uko isigaye ingana bitewe n’agace bateyemo iyo miti uko kanganaga n’ubwinshi bw’iyahabonekaga.

- Advertisement -

Phocas Mazimpaka ati: “ Icyo gihe twarimo dukora inyigo y’agateganyo, hari ahantu twateraga imiti ariko hari n’ahandi tutateraga. Hari utunyorogoto tw’imibu twari twinshi ahantu hatandukanye. Ariko nyuma yo kuhatera imiti, ubu tubona byaragabanutse”.

Phocas Mazimpaka

Avuga ko mu bushakashatsi hari tekiniki bakoresha ngo bamenye ko imibu yagabanutse.

Bafata ahantu hadaterwa imiti yica imibu n’aho iterwa bakabigereranya bakareba akazi iyo miti yakoze uko kangana.

Ahatewe imiti ngo imibu yaragabanutse ubu igeze kuri 20%, nayo ikaba izashira uko abantu bazakomeza gutera imiti no mu bice byihishe cyane.

Guverinoma y’u Rwanda imaze igihe yaratangije politiki yo kurwanya malaria bise Integrated Vector Management, igamije guhashya ibitera indwara birimo n’imibu itera malaria.

Ikoranabuhanga mu Rwanda rimaze kandi gutera intambwe mu nzego nyinshi.

Drones zikoreshwa muri byinshi
Utu tudege ni ingirakamaro mu kugeza kure n’imiti n’amaraso

Utudege twa Drones dufasha muri byinshi birimo gutera iyi miti ariko no gukwirakwiza amaraso mu bigo nderabuzima n’ahandi akenewe ariko hari imiterere yitaruye.

Ikigo kitwa Zipline gifite utu twuma tw’ikoranabuhanga giherutse gutangaza ko kimaze kugeza ku barenga miliyoni serivisi zacyo.

Ifoto ibanza: BBC.

Rwanda: Drones Zigira Uruhare Rwa 75% By’Amaraso Agezwa Mu Bitaro

TAGGED:DronesfeaturedIbishangaIkoranabuhangaIndwaraMalaria
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igice Kimwe Cy’Umuhanda Nyamagabe-Rusizi Si Nyabagendwa
Next Article Ibyo RDB Yishimira Mu Ishoramari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?