Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I&M Bank Na Suwede Biyemeje Gutera Inkunga Imishinga Mito N’Iciriritse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

I&M Bank Na Suwede Biyemeje Gutera Inkunga Imishinga Mito N’Iciriritse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2024 9:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bikubiye mu masezerano ubuyobozi bw’iyi Banki bwaraye basinyanye na Ambasade ya Suwede mu Rwanda, akaba akubiyemo ubufatanye mu kubakira ubushobozi ibigo by’imari bito n’ibiciriritse ku kigero cya 70% bityo bishobore gukura.

Ni igikorwa kizacungwa n’ikigo Access to Finance Rwanda kugira ngo kimenye aho iyo nkunga yashyizwe, uko ikoreshwa n’inama zatangwa kugira ngo icyatumye itangwa kigerweho.

Ku rubuga rwa X rw’iki kigo, handitse ko iriya nkunga izatangwa mu nzego zirimo ubuhinzi, imishinga irengera ibidukikije kandi ikazamura imibereho y’abaturage, gukora ibikoresho bitandukanye, ikoranabuhanga mu itumanaho, ubukerarugendo n’amahoteli, urwego rw’ingufu zisubira n’ibindi.

Mutimura Benjamin uyobora I&M Bank ku rwego rw’igihugu avuga ko ubwo bufatanye bugamije kuzamura urwego rw’imishinga mito n’iciriritse kugira ngo ivuke, ikure kandi irambe.

Benjamin Mutimura ati: “ Ni ubufatanye twizeye ko buzagira impinduka mu mikorere y’ibi bigo.”

Mutimura uyobora I&M Bank ku rwego rw’igihugu

Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda witwa Fors Mohlin avuga ko igihugu cye kiyemeje gukorana n’u Rwanda mu rugendo rw’iterambere rwiyemeje binyuze mu buryo bwinshi burimo no guteza imbere imishinga mito n’iciriritse kandi iyi akenshi igaragaragamo rubyiruko n’abagore.

Ahandi avuga ko Suwede izafasha ni mu byerekeye guteza imbere uburinganire bw’abagabo n’abagore kugira ngo buri wese yungukirwe n’amahirwe igihugu cye gitanga.

Umuyobozi wa Access to Finance Rwanda witwa Jean Bosco Iyacu avuga ko ari ubwa mbere mu Rwanda habaye imikoranire ifite ubu buremere, igamije ko abagenerwabikorwa bunganirwa kugira ngo imishinga yabo irambe kandi yunguke.

Umuyobozi wa Access to Finance Rwanda Jean Bosco Iyacu

Iyacu ashimishwa n’uko igice kinini cy’abazahabwa buriya buryo ari abagore n’urubyiruko kuko ari bo bakunze gushora mu mishinga mito n’iciriritse kandi bakagira umubare munini w’Abanyarwanda.

TAGGED:AbagoreAmbasadeBankifeaturedI&MImishingaSuwedeUbucuruziUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iby’Umuhanda Nyamagabe-Huye, Huye-Rusizi Bikomeje Kuzamba
Next Article Avoka Yaje Guhunduka Ite Igihingwa Ngengabukungu Bw’u Rwanda?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?