Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imbunda Zirenga Miliyoni 100 Ziri Mu Batuye Afurika Batazemerewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Imbunda Zirenga Miliyoni 100 Ziri Mu Batuye Afurika Batazemerewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2024 7:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imbunda ziri henshi muri Afurika kandi mu buryo budakurikije amategeko
SHARE

Ubuyobozi bw’Umuryango ushinzwe Kurwanya Ikwirakwizwa ritemewe ry’Intwaro nto muri Afurika (RECSA) uvuga ko kugeza ubu hari intwaro zirenga miliyoni 100 ziri mu batuye Afuruka kandi batemerewe kuzitunga.

Bivuze ko abo bantu baba bashobora kuzikoresha bahungabanyriza abandi umutekano kandi izi ntwaro nizo zikunze kwifashishwa n’inyeshyamba.

Abayobozi 40 bo mu nzego z’umutekano w’u Rwanda baraye bahuriye mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana baganira kuri iki kibazo.

Ni abo muri Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’igihugu rw’iperereza n’umutekano, Ingabo z’u Rwanda, Urwego rw’igihugu rushinzwe igorora n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kwahariwe gukangurira abantu gusubiza intwaro batunze mu buryo butemewe n’amategeko, bakabikora birinda ibihano bijyanirana nabyo.

Akenshi abantu batunze intwaro muri ubwo buryo bazikoresha mu bwicanyi bugamije kwihorera, kwihimura, gusahura, guhungabanya imikorere ya Guverinoma ziri ku butegetsi no gucuruza ibiyobyabwenge.

Umuyobozi Ushinzwe Kurwanya Ikwirakwizwa ry’Intwaro nto muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, CP (Rtd) Vianney Nshimiyimana yavuze ko  hari imitwe itunze izo ntwaro mu buryo butemewe ifite aho ihuriye n’u Rwanda.

Iyo irimo FLN, FDRL n’indi myinshi kandi ngo ijya izikoresha mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Niyo mpamvu kurwanya intwaro zitunzwe mu buryo butemewe n’amategeko bikwiye gushyirwamo imbaraga.

- Advertisement -

Yagiriye abaturage inama yo kujya babwira ubuyobozi umuntu wese babonana intwaro kandi adakwiye kuyitunga.

Avuga ko uwo muntu aba ashyira mu kaga ubuzima bw’abandi.

Nshimiyimana ati: “ Nubona hari umuntu utunze intwaro mu buryo butemewe n’amategeko, jya umenya ko ari kwishyira mu mutekano muke, ari gushyira abaturanyi be mu mutekano muke, arashyira igihugu mu mutekano muke”

Abo kandi barimo n’abatoragura amasasu na za grenades, bose bagasabwa kubisubiza.

Ku rundi ruhande, Vianney Nshimiyimana avuga ko  Abanyarwanda bemerewe gutunga intwaro iyo babisabye kuko hari amategeko abigenga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango ushinzwe Kurwanya Ikwirakwizwa ritemewe ry’Intwaro nto muri Afurika (RECSA) Betindji Jean Pierre, yavuze ko muri Afurika habarurwa intwaro zirenga miliyoni 100 kandi zose zitunzwe n’imitwe y’iterabwoba cyangwa abantu ku giti cyabo.

Betindji Jean Pierre. Ifoto@IGIHE

Yemeza ko ibyo ari ikibazo ku bashinzwe umutekano kuko biba bivuze ko abaturage bari mu kaga ko kwicwa cyangwa gukomeretswa n’abantu runaka.

Ati: “Iyi niyo mbogamizi kuri twe.  Nta kidashoboka iyo hari ubushake bwo kugabanya imbunda zitemewe n’intwaro nto mu bice bitandukanye. Ubushakashatsi bugaragaza ko kugabanya izo ntwaro bishoboka kuko hari izigera kuri miliyoni 100 hirya no hino zizenguruka mu buryo butemewe, kuzigabanya bizafasha Afurika gutekana mu gihe kizaza.”

Ku byerekeye u Rwanda, twabibutsa ko mu mezi macye yatambutse hari grenades basanze mu rugo rw’uwahoze ari Depite witwa Eugѐne Barikana aza no kubikurikiranwaho mu nkiko.

Nyuma yo kuzifatanwa yavuze ko yibagiwe kuzisubiza abazimuhaye.

Agifatwa, Barikana Eugene yabwiye RIB ko izo ntwaro yazitunze akibana n’abasirikare yibagirwa kuzisubiza.

TAGGED:AbaturageAfurikafeaturedIntwaroRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Usta Kaitesi Yagizwe Senateri
Next Article Lebanon: Abaturage Benshi Bari Guhunga Ibitero Bya Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?