Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imirwano Ya FARDC Na M 23 Irerekeza i Kibumba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imirwano Ya FARDC Na M 23 Irerekeza i Kibumba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hashize igihe gito imirwano yubuye hagati y’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo n’abarwanyi ba Mouvement du 23 Mars ari wo M 23.

Umunyamakuru witwa Christophe Rigaud avuga ko mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, imirwano yaganaga ahitwa Kibumba hakaba muri Teritwari ya Nyiragongo.

Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, ibintu byari bitarafata indi sura isumbye uko byari bimeze kuri uyu wa Gatandatu, taliki 22, Ukwakira, 2022.

Ngo amakuru yavugaga ko ingabo za kiriya gihugu zashoboye gukoma imbere abarwanyi ba M23 bashakaga kwigarurira ahitwa Rutshuru ndetse na Rokoro.

🔴#RDC Affrontements #FARDC #M23 Selon nos informations, ce samedi soir l’armée congolaise n’a pas progressé dans ses positions mais a réussi à stopper une avancée du #M23 vers #Rutshuru à #Rokoro (pilonnage massif). Le #M23 cherche à progresser actuellement vers #Kibumba. pic.twitter.com/6lwhjbdIpl

— Christophe RIGAUD (@afrikarabia) October 22, 2022

Umwe mu bakomeye mu mutwe wa M 23 witwa Bertrand Bisiimwa avuga ko kuba abasirikare ba DRC bongeye kubagabaho ibitero byerekana ko biyemeje ko umuriro ubakaho.

Icyakora yateje ubwega avuga ko kuba bashotowe bagiye gutsinda ingabo za DRC uruhenu.

Ndetse ngo nta n’ubwo bacyemeye ibindi biganiro ukundi.

Hagati aho, M23 irashinja ingabo za DRC kuba ziri kurasa mu bice byiganjemo abasivili.

Isaba amahanga ko ingabo za kiriya gihugu zazabibazwa.

Iyubura ry’imirwano hagati y’ingabo za DRC na M23 bivuzwe nyuma y’uko Perezida Tshisekedi ashyizeho umugaba w’ingabo mushya.

Uwo ni Lt Gen Christian Tshiwewe Songesha.

Mu minsi ishize yagaragaye mu mihanda i Kinshasa we n’abasirikare yari ayoboye basaba Umukuru w’igihugu kubaha uburenganzira bwo gutera u Rwanda k’umugaragaro.

Ni umugabo uzwiho kutajya imbizi n’Abanye Congo bavuga ikinyarwanda kuko abafata nk’abazanye akaga n’amakuba ku gihugu cye.

Uyu musirikare wagizwe umugaba mukuru w’ingabo za Congo, amakuru avuga ko yahawe inshingano zo gushyira igisirikare ku murongo no kugarura Umujyi wa Bunagana n’utundi duce twigaruriwe na M23.

Kugeza ubu bivugwa ko ingabo za DRC zitwa FARDC zifatanyije na  FDLR, APCLS, MAI-MAI na NYATURA.

Ikindi ni uko hari abaturage ba DRC baba mu Bwongereza baherutse kumusaba ko yakwerura agatera u Rwanda.

TAGGED:AbarwanyiCongoFDLRMai Mai
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Wamenya Ku Bwandu Bushya Bwa COVID-19 Bwatangiriye Muri Amerika
Next Article Ibyo Twamenye Ku Mpamvu Zifungwa Rya IPRC Kigali…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umwami Wa Maroc Yandikiwe Ikiruhuko Kubera Uburwayi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?