Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imiyoborere Mibi Niyo Ntandaro Y’Amakimbirane-Min Gatabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imiyoborere Mibi Niyo Ntandaro Y’Amakimbirane-Min Gatabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 9:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yaraye abwiye abitabiriye Inama yigaga k’ugutsimbataza amahoro n’ubutabera mu bihugu bya Afurika ko intandaro y’amakimbirane mu bihugu byinshi ari imiyoborere mibi.

Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko iyo imiyoborere ibaye myiza igira uruhare mu guhuza abantu no kubateza imbere, ariko yaba mibi igasenya kuko ikurura amakimbirane.

Yunzemo ko ikindi gitiza umurindi amakimbirane ari uko ubuyobozi bw’ibihugu atigeze avuga amazina usanga budafite umurongo uhamye ugena ibyo biteganya kuzageraho n’uburyo bizakorwa bityo bigaha icyuho ibindi bihugu byumva ko byategeka ibindi icyo bigomba cyangwa bitagomba gukora.

Gatabazi yabivugiye mu gikorwa cyo kurangiza ibiganiro byari bimaze iminsi ibiri bibera mu Karere ka Musanze, mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda.

Byabereye mu ishuri rikuru rya Polisi riri i Musanze

Minisitiri Gatabazi asanga  amakimbirane  aterwa n’ uko hari ibihugu ngo biba bitazi icyo bishaka.

Ibyo avuga biba bitazwi ni  ukumenya indangagaciro n’ inyungu rusange…ibi bigatuma bikorera ku gitutu cy’ibindi bihugu.

Ati: “Iyo urebye igitera amakimbirane mu bihugu bitandukanye by’Afurika usanga ari imiyoborere mibi, kuko biba byananiwe gucyemura ibibazo by’imibereho myiza y’abaturage, gucyemura ibibazo bishobora gutera amakimbirane ashingiye ku ivangura, kuba abaturage badahabwa amahirwe angana ku mitungo y’igihugu, kuba abaturage badahabwa ubutabera bungana no kuba abaturage badashobora kuvuga akarengane kabo.”

Minisitiri @gatjmv : Nishimiye kuba ndi kumwe namwe muri iyi gahunda yo gusoza ibiganiro ku mahoro, umutekano n’ubutabera bifite insanganyamatsiko ivuga “guteza imbere imiyoborere myiza kubw’amahoro n’umutekano muri Afurika.” pic.twitter.com/KbVSbFvRUs

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) July 7, 2022

Jean Marie Vianney Gatabazi yemeza ko gukemura ibibazo bisaba kuzamura imyumvire ishingiye ku miyoborere myiza; kuzamura no kugenzura imbuga nkoranyambaga; gushyiraho ibigo bya Leta bishoboye kandi byita ku nshingano harimo n’inzego z’umutekano no kubaka inzego z’ubutabera zikomeye, ziboneye kandi zita ku baturage.

Ku rundi ruhande, mu Rwanda hajya havugwa ibikorwa byo kurenganya abaturage.

Ndetse bigakorwa na bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze.

Iyo ababikoze bamenyekanye bagezwa imbere y’ubutabera.

Ibiganiro by’iminsi ibiri byaberaga i Musanze bibaye ku nshuro ya cyenda.

Byibanze ku mahoro, umutekano n’ubutabera bijyanye n’amasomo ahabwa icyiciro cya 10 cya ba ofisiye bakuru bigira mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru.

Kuri iyi nshuro,  insanganyamatsiko yagiraga iti: “Guteza imbere imiyoborere myiza igamije amahoro n’umutekano muri Afurika.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’ u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Dan Munyuza we avuga ko kuba u Rwanda rugira uruhare mu kurinda abasivile bo mu bindi bihugu, biterwa n’uko narwo hari abantu rwatakaje bazize kwibasirwa n’abatarabifurizaga kubaho.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Dan Munyuza

Ati: “Kuba u Rwanda  rugira uruhare mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bituruka ku mateka mabi yabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Binaterwa kandi n’imyizerere ikomeye y’igihugu mu kurengera abasivili nk’uko bivugwa mu mahame ya Kigali 2015 (KP) yibanda cyane cyane ku kurinda neza umutekano w’abasivili.”

Arthur Asiimwe uyobora RBA atanga igitekerezo cye
Abandi bapolisi nabo bavuze icyo bungukiye muri iriya nama
Hari n’abaje baturutse mu bindi bihugu
Umwarimu muri Kaminuza Nkuru ya Namibia
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera
TAGGED:featuredGatatabaziMinisitiriMunyuzaMusanzeUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yarashwe
Next Article Ihatana Rikomeye Ryo Gusimbura Boris Johnston Ryatangiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?