Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impande Zihanganye Muri Sudani Zatangiye Ibiganiro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impande Zihanganye Muri Sudani Zatangiye Ibiganiro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2023 8:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahagarariye impande zihanganye muri Sudani bari muri Arabie Saoudite mu biganiro bigamije guhagarika intambara igiye kumara ukwezi ihatangiye.

Ni intambara ihuje abasirikare bayobowe na Gen Burhan n’abayobowe na Gen Daglo.

Impande zombi zaje kwemera kwicara ngo ziganire ku cyatuma imirwano ihagarara ariko abakurikiranira hafi impamvu zakuruye iriya ntambara, bavuga ko bigoye ko hazaboneka ubwumvikane burambye.

Ubwo abari mu biganiro bageraga ku kibuga cy’indege cy’i Riyadh mu Murwa mukuru wa Arabie Saoudite bakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu witwa  Faisal bin Farhan.

Leta zunze ubumwe z’Amerika na Arabie Saoudite nibo bahuza muri ibi biganiro.

Faisal bin Farhan.

Amakuru avuga ko icyo impande ziri kuganiraho cy’ibanze ari ugutanga uburyo bwo gutuma imfashanyo igenewe abavuye mu byabo ibageraho ariko atari uguhagarika intambara nyirizina.

Itangazo ryasohowe k’ubufatanye bwa Arabie Saoudite n’Amerika rivuga ko ibihugu byombi byishimiye ko ibiganiro byatangiye kandi ko ari intambwe itanga icyizere ko n’amahoro ashoboka.

Gen Mohamed Hamdan Daglo uyoboye umutwe wa RSF yanditse kuri Twitter ko yishimiye ubuhuza bwa Arabie Saoudite n’Amerika, yongeraho ko azashyigikira ikizakorwa cyose ngo ibintu bigende neza.

Ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zihanganye muri Sudani biri kubera i Jeddah muri Arabie Saoudite.

N’ubwo ibiganiro byatangiye muri Arabie Saoudite, muri Sudani intambara irakomeje.

Ibisasu bikomeje kuraswa mu Murwa mukuru Khartoum kandi abantu barenga 500 bamaze kuhasiga ubuzima, abandi bagera ku 450,000 bavanywe mu byabo.

Muri abo bantu 450,000, abagera ku 115,000 bahungiye mu mahanga cyane cyane muri Tchad.

Intambara Ya Sudani Iri Kwaguka, Akarere Kose Karahangayitse

TAGGED:AmahorofeaturedIbiganiroIntambaraSudaniTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Gushakisha Batandatu Baguye Mu Kirombe BYAHAGARITSWE
Next Article Kurinda Abakobwa Cancer Y’Inkondo Y’Umura Bikwiye Kugera Kuri Bose- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?