Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMPURUZA: Nkongwa Idasanzwe Yagarutse Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

IMPURUZA: Nkongwa Idasanzwe Yagarutse Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2023 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri X, Dr Patrick Karangwa yatangaje ko mu mirima imwe n’imwe mu Rwanda hari kugaragara icyonnyi bita Nkongwa IDASANZWE. Ni icyonnyi gifife ubushobozi bwo kona imyaka kikayitsemba 100%.

Mu butumwa bwe, Dr Karangwa ushinzwe iterambere ry’ubuhinzi mu Kigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi, RAB, avuga ko n’ubwo hari abahinzi bamwe bazi uko kiriya cyonnyi kirwanywa, ariko hari abandi batarabimenya bityo ko abagoronome bagombye kubaba hafi kugira ngo bashobore kugihashya.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko nkongwa idasanzwe( mu Cyongereza bayita Fall Armyworm) yamaze kugaragara mu bice by’i Nyabihu no muri Musanze.

Iyi mpuruza itanzwe mu gihe hirya no hino mu gihugu, abahinzi bari mu bikorwa byo kubagara ibigori bongeramo ifumbire mvaruganda yatanzwe na Leta y’u Rwanda ngo ibunganire.

Ni imirimo iri mu rwego rwo gukenura cyangwa gufata neza ibihingwa hagamijwe kongera umusaruro kuri Hegitari imwe.

Mu mwaka wa 2017, iki cyonnyi cyahombeje Abanyarwanda benshi bari bahinze ibihingwa bitandukanye byiganjemo ibigori.

Icyo gihe yatahuwe bwa mbere mu Karere ka Nyamagabe mu Majyepfo y’u Rwanda.

Ibigori n’amasaka nibyo byari byibasiwe.

Mu mwaka wa 2020 nabwo nkongwa yavuzwe mu Rwanda.

Iyo iki cyonnyi kitarwanyijwe hakiri kare gituma imirima irumba kandi kurumbya ibigori akenshi biba bivuze kongera inzara mu baturage.

Ibigori nibyo ikunze kwibasira

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ikunze kubwira itangazamakuru ko kimwe mu bitubya umusaruro mbumbe w’u Rwanda ari izuba ryumya imyaka.

Nkongwa iramutse igeze henshi mu Rwanda yaba ije gusonga abahinzi n’ubundi bari bamaze ibihembye by’ihinga byinshi barumbya.

TAGGED:featuredIbigoriKarangwaNkongwaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Sudani Bati: ‘Isi Yaratwibagiwe’
Next Article Perezida Kagame Yaganiriye Na Blinken Ku Mutekano Muke Uri Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?