Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMPURUZA: Nkongwa Idasanzwe Yagarutse Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

IMPURUZA: Nkongwa Idasanzwe Yagarutse Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2023 3:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri X, Dr Patrick Karangwa yatangaje ko mu mirima imwe n’imwe mu Rwanda hari kugaragara icyonnyi bita Nkongwa IDASANZWE. Ni icyonnyi gifife ubushobozi bwo kona imyaka kikayitsemba 100%.

Mu butumwa bwe, Dr Karangwa ushinzwe iterambere ry’ubuhinzi mu Kigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi, RAB, avuga ko n’ubwo hari abahinzi bamwe bazi uko kiriya cyonnyi kirwanywa, ariko hari abandi batarabimenya bityo ko abagoronome bagombye kubaba hafi kugira ngo bashobore kugihashya.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko nkongwa idasanzwe( mu Cyongereza bayita Fall Armyworm) yamaze kugaragara mu bice by’i Nyabihu no muri Musanze.

Iyi mpuruza itanzwe mu gihe hirya no hino mu gihugu, abahinzi bari mu bikorwa byo kubagara ibigori bongeramo ifumbire mvaruganda yatanzwe na Leta y’u Rwanda ngo ibunganire.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni imirimo iri mu rwego rwo gukenura cyangwa gufata neza ibihingwa hagamijwe kongera umusaruro kuri Hegitari imwe.

Mu mwaka wa 2017, iki cyonnyi cyahombeje Abanyarwanda benshi bari bahinze ibihingwa bitandukanye byiganjemo ibigori.

Icyo gihe yatahuwe bwa mbere mu Karere ka Nyamagabe mu Majyepfo y’u Rwanda.

Ibigori n’amasaka nibyo byari byibasiwe.

Mu mwaka wa 2020 nabwo nkongwa yavuzwe mu Rwanda.

- Advertisement -

Iyo iki cyonnyi kitarwanyijwe hakiri kare gituma imirima irumba kandi kurumbya ibigori akenshi biba bivuze kongera inzara mu baturage.

Ibigori nibyo ikunze kwibasira

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ikunze kubwira itangazamakuru ko kimwe mu bitubya umusaruro mbumbe w’u Rwanda ari izuba ryumya imyaka.

Nkongwa iramutse igeze henshi mu Rwanda yaba ije gusonga abahinzi n’ubundi bari bamaze ibihembye by’ihinga byinshi barumbya.

TAGGED:featuredIbigoriKarangwaNkongwaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Sudani Bati: ‘Isi Yaratwibagiwe’
Next Article Perezida Kagame Yaganiriye Na Blinken Ku Mutekano Muke Uri Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?