Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Nyinshi Yangije Byinshi I Gatsibo, Hamwe Amashanyarazi Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imvura Nyinshi Yangije Byinshi I Gatsibo, Hamwe Amashanyarazi Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2021 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amabati yasakambutse
SHARE

Mu mirenge ya Rwimbogo, Kiziguro na Rugarama haraye hagwa imvura nyinshi k’uburyo amafoto Taarifa yahawe n’abahatuye yerekana ko yangije byinshi.

Hari n’inzitiro z’ingo zasenyutse, imisarane, amapoto n’intoki birangirika.

Hari umwe mu bayobozi bo ku rwego rw’Akarere ka Gatsibo watubwiye ko ubu inzego zose ziri gukusanya ibyaraye byangijwe n’iriya mvura.

Ati: “ Ubu inzego zose zahagurutse ngo zikusanye amakuru y’ibyangiritse mu mirenge yose ya Gatsibo. Iyo mirenge uvuga ya Rugarama, Kiziguro n’ahandi ibyaho byamenyekanye kubera ko iri ahabona, iri ku muhanda ariko hari indi ishobora kuba yahungabanye cyane kurushaho.”

Inzu zasakambutse

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Bwana Gasana Richard ntiyitabye telefoni yacu ndetse n’Umuyobozi w’aka Karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Kantengwa Mary nawe ntiyatwitabye kugira ngo bagire icyo atubwira kuri iki kiza cyagwiririye abaturage bashinzwe.

Imiterere ya Gatsibo iha icyuho ibiza…

Akarere ka Gatsibo

Akarere ka Gatsibo ni kamwe mu turere 7 tugize Intara y’ i Burasirazuba. Gaherereye i Burasirazuba bw’Intara. Akarere ka Gatsibo gafite ubuso bungana na kilometero 1585,3.

Gafite Imirenge 14, Utugari 69, n’imidugudu 603.

Ibarura ryo mu mwaka wa 2012 ryagaragaje Akarere ka Gatsibo gatuwe n’abaturage 433,021.

Ku byerekeye imiterere y’ubutaka bwako, Akarere ka Gatsibo kagizwe n’imirambi. Iyi mirambi yorohereza umuyaga kwihuta kuko nta misozi miremire iba iri buwutangire.

Kwihuta k’umuyaga kuvuze ko iyo uwo muyaga uvanze n’imvura bishobora kwararima ibihingwa birimo urutoki, amasaka, ibigori, urubingo rw’amatungo n’ibindi.

Bivuze kandi ko imvura ivanze n’umuyaga iba ifite ubushobozi bwo gusakambura ibisenge bitaziritse neza no gusenya inzu zishaje.

Imiterere ya Gatsibo iteza ibiza birimo inkubi z’umuyaga, imyuzure ku bice biri mu bishanga n’inkangu zidakanganye ahantu runaka.

Ikindi ni uko Akarere ka Gatsibo gafite igice kinini cya Pariki y’Akagera kirimo n’ibiyaga byitwa Rwanyakizinga, Hago, Mihindi na Kihanju.

Ntabwo ibi biyaga ari binini nk’ibiri mu gice cya Pariki kiri mu Karere ka Kayonza ariko nabyo bigira uruhare mu buhehere bw’umwuka wa Gatsibo.

TAGGED:featuredGatsiboImvuraKiziguro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruzinduko Rwa Tshisekedi Muri Israel Rugamije Iki?
Next Article Agahinda K’Umugabo Wifuzaga Kuba Umunyamategeko, Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?