Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Nyinshi Yangije Byinshi I Gatsibo, Hamwe Amashanyarazi Yabuze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imvura Nyinshi Yangije Byinshi I Gatsibo, Hamwe Amashanyarazi Yabuze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2021 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amabati yasakambutse
SHARE

Mu mirenge ya Rwimbogo, Kiziguro na Rugarama haraye hagwa imvura nyinshi k’uburyo amafoto Taarifa yahawe n’abahatuye yerekana ko yangije byinshi.

Hari n’inzitiro z’ingo zasenyutse, imisarane, amapoto n’intoki birangirika.

Hari umwe mu bayobozi bo ku rwego rw’Akarere ka Gatsibo watubwiye ko ubu inzego zose ziri gukusanya ibyaraye byangijwe n’iriya mvura.

Ati: “ Ubu inzego zose zahagurutse ngo zikusanye amakuru y’ibyangiritse mu mirenge yose ya Gatsibo. Iyo mirenge uvuga ya Rugarama, Kiziguro n’ahandi ibyaho byamenyekanye kubera ko iri ahabona, iri ku muhanda ariko hari indi ishobora kuba yahungabanye cyane kurushaho.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Inzu zasakambutse

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Bwana Gasana Richard ntiyitabye telefoni yacu ndetse n’Umuyobozi w’aka Karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Kantengwa Mary nawe ntiyatwitabye kugira ngo bagire icyo atubwira kuri iki kiza cyagwiririye abaturage bashinzwe.

Imiterere ya Gatsibo iha icyuho ibiza…

Akarere ka Gatsibo

Akarere ka Gatsibo ni kamwe mu turere 7 tugize Intara y’ i Burasirazuba. Gaherereye i Burasirazuba bw’Intara. Akarere ka Gatsibo gafite ubuso bungana na kilometero 1585,3.

Gafite Imirenge 14, Utugari 69, n’imidugudu 603.

Ibarura ryo mu mwaka wa 2012 ryagaragaje Akarere ka Gatsibo gatuwe n’abaturage 433,021.

- Advertisement -

Ku byerekeye imiterere y’ubutaka bwako, Akarere ka Gatsibo kagizwe n’imirambi. Iyi mirambi yorohereza umuyaga kwihuta kuko nta misozi miremire iba iri buwutangire.

Kwihuta k’umuyaga kuvuze ko iyo uwo muyaga uvanze n’imvura bishobora kwararima ibihingwa birimo urutoki, amasaka, ibigori, urubingo rw’amatungo n’ibindi.

Bivuze kandi ko imvura ivanze n’umuyaga iba ifite ubushobozi bwo gusakambura ibisenge bitaziritse neza no gusenya inzu zishaje.

Imiterere ya Gatsibo iteza ibiza birimo inkubi z’umuyaga, imyuzure ku bice biri mu bishanga n’inkangu zidakanganye ahantu runaka.

Ikindi ni uko Akarere ka Gatsibo gafite igice kinini cya Pariki y’Akagera kirimo n’ibiyaga byitwa Rwanyakizinga, Hago, Mihindi na Kihanju.

Ntabwo ibi biyaga ari binini nk’ibiri mu gice cya Pariki kiri mu Karere ka Kayonza ariko nabyo bigira uruhare mu buhehere bw’umwuka wa Gatsibo.

TAGGED:featuredGatsiboImvuraKiziguro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruzinduko Rwa Tshisekedi Muri Israel Rugamije Iki?
Next Article Agahinda K’Umugabo Wifuzaga Kuba Umunyamategeko, Uburwayi Bwo Mu Mutwe Bukaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?