Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ataremeranywaho mu buryo budasubirwaho aravuga ko indege Perezida wa Iran yari arimo yakoreye impanuka ahantu bigoye kugera kugira ngo abari bayirimo batabarwe. Ku rundi ruhande, Ibiro Ntaramakuru muri Iran bivuga ko  Perezida Ebrahim Raisi yavuye muri iyi ndege amahoro.

Bivugwa ko yakoze iyo mpanuka agiye mu gace ka Iran gaturanye n’igihugu cya Azerbaijan gutaha urugomero ruherutse kuhuzura.

Nta makuru y’abandi bantu bari bari kumwe aratangazwa ariko bivugwa ko agace yari agiye gusura ari akitwa Jolfa kari mu bilometero 600 uturutse mu murwa mukuru, Tehran.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari buhahurire na mugenzi we uyobora Azerbaijan witwa Ilham Aliyev bagataha urugomero rwubatswe ku mugezi wa Aras ukora ku bihugu byombi.

Perezida Raisi afite imyaka 63 y’amavuko kandi yari asanzwe ari umuntu w’ingenzi ku muyobozi w’ikirenga wa Iran witwa  Ayatollah Ali Khamenei ndetse byanavugwaga ko ari we uzamusimbura ku buyobozi bukuru bwa Iran.

Ikinyamakuru cyo muri Iran kitwa Fars News Agency gitangaza ko ntacyo Perezida Raisi yabaye.

Umucyo kuri iyi nkuru uragenda uboneka uko amasaha yicuma…

Iran ni igihugu gifite ijambo rikomeye mu bindi by’Abisilamu ndetse muri iyi minsi cyavugwaga mu mwiryane ukomeye na Israel kubera inzika bamaranye igihe kirekire ariko cyane cyane intambara Yeruzalemu imaze iminsi itangije muri Gaza ngo ihirukane burundu Hamas.

TAGGED:featuredImpanukaIndegeIranIsraelRaisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo
Next Article Abanyeshuri Barohamye Mu Kiyaga Cya Kivu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?