Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indi Mishinga Migari u Bufaransa Buzakorana N’u Rwanda…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Indi Mishinga Migari u Bufaransa Buzakorana N’u Rwanda…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2023 9:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ivuga ko  igiye gufatanya n’Ikigega cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga mu kongera ikoranabuhanga mu nzego za Leta zitandukanye. Ni umushinga uzashorwamo Miliyoni € 37, iyi ikaba ari inguzanyo izishyurwa mu gihe kirekire.

Impande zombi zashyize umukono kuri aya masezerano kuri uyu wa Kane taliki 05, Mutarama, 2023.

Dr Uzziel Ndagijimana usanzwe ari Minisitiri w’imari n’igenamigambi niwe wari uhagarariye u Rwanda n’aho Arthur Germond usanzwe uyobora Ikigo cy’’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga mu Rwanda kitwa Agence Française de Développement (AFD) niwe wasinye ku ruhande rw’u Bufaransa.

U Rwanda ruri mu bihugu byiyemeje kubakira imikorere yarwo ku ikoranabuhanga hagamijwe kwihutisha serivisi no kuzamura ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikibazo kigihari ni uko mu nzego nyinshi za  Leta bagikoresha mudasobwa zishaje kandi na murandasi ikaba itarihuta ku rwego rugezweho henshi ku isi.

U Bufaransa bwiyemeje gufasha u Rwanda muri uru rwego kandi hari Miliyoni €37 zatanzwe nk’unwenda n’andi miliyoni €1.2  yatanzwe nk’inkunga yo gufasha u Rwanda kuzamura imikoreshereze y’ikoranabuhanga mu nzego nyinshi za Guverinoma.

Iyi mishinga iratangira gushorwamo amafaranga mu ntangiriro z’umwaka wa 2023 kandi ku ikubitiro hazibandwa ku nzego zikorana  bya  hafi n’abaturage.

Izo ni Akagari, Umurenge, ibitaro n’ibigo bya Leta bikorana bya bugufi n’abaturage.

Ubufatanye mu guteza imbere ubushakashatsi mu by’isanzure nabwo buri mu byo u Bufaransa buteganya gukorana n’u Rwanda.

- Advertisement -

Mu gihe gito kiri imbere, mu Rwanda hazashyirwa  ububiko bw’amakuru arebana n’isanzure( babwita  Geospatial Hub) bukazitabwaho n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe isanzure kitwa Rwanda Space Agency.

Iki kigo giherutse gusinyana amasezerano n’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe isanzure, NASA, kugira ngo u Rwanda ruzungukire k’ubunararibonye bwa NASA  bityo iyo nyungu izarugirire akamaro mu nzego z’ubuhinzi, ubuzima, gukumira no guhangana n’ibyago biterwa n’ibiza, ubuzima n’ibindi.

Undi mushinga munini u Bufaransa bushaka gufashamo u Rwanda ni uwo gutunga no gukoresha indege nyinshi zidatwara n’abapilote mu buryo butaziguye.

Bazita drones.

Mu Karere ka Huye hazubakwa ikigo cy’icyitegererezo cyita kuri izi ndege, kikazacungwa n’ikigo kigenga.

Hari n’amafaranga angana na Miliyoni €1.2 yateganyijwe kuzafasha abatuye n’abakorera mu gace kiriya kigo giherereyemo kumenya Igifaransa.

Uru rurimi rusanzwe rwemewe mu ndimi zikoreshwa mu Rwanda nyuma y’Ikinyarwanda, Icyongereza n’Igiswayile.

Arthur Germond uyobora Ikigega cy’Abafaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga, ADF, avuga ko igihugu cye kishimira gukorana n’u Rwanda mu mishinga migari.

Arthur Germond

Ati: “ Twishimiye isinywa ry’amasezerano kuko bizafasha u Rwanda gukomeza gutanga serivisi neza kandi bigatuma ruva mu mubare w’ibihugu byasigaye inyuma mu ikoranabuhanga. Bizatuma n’abaturage b’i Huye aho tuzashyira umushinga wa Drones babona akazi.”

Dr Uzziel Ndagijimana nawe avuga ko u Rwanda rwishimira ubufatanye n’u Bufaransa mu nzego zigamije kurufasha kugera ku ntego rwihaye mu iterambere ryarwo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana

 

TAGGED:BufaransaDronesfeaturedHuyeImishingaNdagijimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Prince Kid Byasubiwemo
Next Article Uganda: Impanuka Yahitanye Abantu16
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?