Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Putin Zirashinjwa Gukona Iza Ukraine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Putin Zirashinjwa Gukona Iza Ukraine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2023 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare babiri bo muri Ukraine baherutse kubwira umuganga ko  ubwo bari barafungiwe mu nkambi z’ingabo z’Uburusiya, bahaboneye ishyano. Bamuhishuriye ko ingabo z’Uburusiya zabarakonnye kugira ngo batazabyara.

Abatanze ubu buhamya ni abasirikare babiri; umwe w’imyaka 25 n’undi w’imyaka 28 y’amavuko.

Bavuga ko ibyo baboneye mu nkambi z’ingabo z’Abarusiya birenze ibyo bajya bumva ko bikorerwa kwa shitani.

Mu minsi ishize aba basirikare bagaruwe muri Ukraine mu gikorwa cyo guhererekanya abasirikare cyakozwe ku mpande zombi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma baje gushyikirizwa umuhanga mu ndwara zo mu mutwe witwa Anzhelika Yatsenko ngo bamubwire akaga bahuriyeyo n’ako.

Uyu mugore yabateze amatwi, bamutekereza ibyo bita ‘akaga kageretseho akandi’ bahuriye nako mu ngabo z’Abarusiya.

Amagambo yababanye make, ahubwo bamubwira ko ibyo baboneyeyo, ari agahomamunwa, umuntu atabona uko asobanura.

Ngo niba ikuzimu kwa shitani habaho, nta haruta aho bari bari.

Aba basirikare baje kwemera gutanga amakuru y’ibyababayeho byose.

- Advertisement -

Bamutekerereje ukuntu bakubiswe n’abasirikare b’Abarusiya basinze, nyuma bazana ibyuma barabakona.

Uyu mugore w’imyaka 41 yabwiye Sunday Times ko akimara kumva ibyabaye kuri aba basore bakiri bato, yananiwe kubyakira, ajya mu cyumba ariherera ararira.

Ngo mu gihe cyose yamaze aganira n’abantu bahuye n’akaga ngo abafashe kwiyakira, ntiyigeze yumva abakorewe ubugome nk’ubwakorewe abo basirikare ba Ukraine.

Abasikare b’Abarusiya babwiye abo muri Ukraine ko babakonnye mu rwego rwo kubabuza kuzabyara.

Bivugwa kandi ko aho ingabo z’Uburusiya zica hose zikorera iyicarubozo abo zihasanze cyane cyane abo zibona ko bashobora kuziha amakuru zikeneye mu ntambara ziri kurwana.

Ku rundi ruhande, hari amakuru avuga ko n’abasirikare ba Ukraine nabo bakorera Abarusiya iyicarubozo, ariko ngo uburyo Abarusiya babikoramo bwo bufite ubuhanga bukoranwa kandi bikagaragaza ko biba ari amabwiriza yaturutse ‘hejuru’.

TAGGED:Burusiya AbasirikarefeaturedIngaboUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Ntabwo Muri Bato Bo Kudakora Amahitamo Akwiye’-Jeannette Kagame Abwira Abanyeshuri
Next Article Kugira Ngo Roho Nzima Iture Mu Mubiri Muzima Ni Ngombwa Kongera Umusaruro-PM Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?