Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Tchad Muri G5 Zirashinjwa Guhohotera Abagore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Tchad Muri G5 Zirashinjwa Guhohotera Abagore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2021 11:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu muri Niger yitwa la Commission nationale des droits humains (CNDH) yasohoye raporo ishinja ingabo za Tchad ziri mu kiswe G5 gufata abagore ba Niger ku ngufu.

Iriya Komisiyo ivuga ko ingabo za Tchad zakoreye abagore bo muri Niger ibya mfura mbi ubwo zari mu kazi mu gace kitwa Tillabéri.

Abatangabuhamya bashinja ingabo za Tchad buriya buhemu bavuga ko zabukoreye abagore bo muri kariya gace mbere y’uko zihimuka zikajyanwa mu gace karimo ibikorwa bya gisirikare bise  La Zone des Trois des Frontières.

Si abagore gusa ziriya ngabo zishinjwa guhohorera kuko hari n’umwana w’umukobwa w’imyaka 11 nawe bivugwa ko zahohoteye.

Mu bagore zahohoteye harimo uw’imyaka 23 n’uw’imyaka 32 y’amavuko.

Ikibabaje kurushaho ni uko ngo bariya bagore basambanyijwe abagabo babo bareba.

Abasirikare ba Tchad basambanyije bariya bagore batunze imbunda abagabo babo, ngo uhaguruka cyangwa agateza sakwe sakwe baramurasa.

Ibi bikubiye muri raporo yasohowe na cya kigo gishinzwe uburenganzira bwa muntu twavuze haruguru kiyoborwa na Khalid Ikhiri.

Iriya raporo isaba ko abasirikare bagize uruhare muri biriya bikorwa bagomba kuzagerwa imbere y’inkiko zibifitiye ubushobozi bakabibazwa.

Raporo y’uriya muryango ishinja abasirikare bagize G5(si abo muri Tchad gusa) guhohotera abaturage b’abanyamahoro bakabambura ibyabo.

Jeune Afrique ivuga ko yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Tchad ngo bugire icyo buvuga ku bishinjwa abasirikare bayo ariko ntibyagira icyo basubiza.

TAGGED:AbagoreAbasirikarefeaturedTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inyubako ‘Ziteye Nk’Ibigega’ Mu Mishinga Ikomeje Kuzamurwa Ku Kiyaga Cya Kivu (Amafoto)
Next Article Abayahudi Bifurije Abakirisitu Pasika Nziza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?