Ingingo Zikomeye Mu Butumwa IGP Yatanze Ubwo Polisi Yizihizaga Isabukuru Y’imyaka 25

Umwanditsi wa Taarifa
4 Min Read
Perezida Kagame na IGP Namuhoranye basura kimwe mu byumba byamurikiweho uko umutekano mu Rwanda urinzwe.

Ubwo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), Félix Namuhoranye, yagezaga ijambo ku bitabiye isabukuru y’imyaka 25 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe, harimo na Perezida Paul Kagame, yarivuze mu Kinyarwanda cyonyine.

Nyuma yaho, benshi bohereje ubutumwa basaba gusobanukirwa neza ibyo yavuze n’icyo bisobanuye.

Nyuma yo gusubira neza mu ijambo rye, nasanze hari ingingo 10 ngari zirikubiyemo ngira ngo mbasangize.

  1. Ubuyobozi bwiza ni inkingi ikomeye

IGP yavuze ko inzego zikomeye zitiyubaka mu buryo bwihuse. Yashimye Perezida Paul Kagame ku ruhare rwe mu gutanga icyerekezo cyafashije Polisi y’u Rwanda kwiyubaka kuva yashinjwa mu mwaka wa 2000.

Yagize ati: “Inkunga n’inama zawe ni zo zabaye nk’ikarita iyobora buri mugabo n’umugore muri Polisi y’u Rwanda muri uru rugendo rurerure.”

  1. Abaturage ni abafatanyabikorwa bakomeye mu mutekano

Polisi y’u Rwanda yubakiye ku ihame ry’uko umutekano uramba iyo abaturage bawugizemo uruhare. Uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano ni ingenzi cyane muri iki gihe.

Namuhoranye  ati: “Uruhare rw’umuturage mu kwicungira umutekano ni ihame ridashidikanywaho mu Rwanda.”

  1. Icyizere cyubakwa binyuze mu bufatanye

Mu myaka 25 ishize, Polisi yakoranye n’abaturage, izindi nzego z’umutekano n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga. Aha ubutumwa nyamukuru ni uko umutekano urushaho gukomera iyo abantu bakoreye hamwe.

  1. Uburyo u Rwanda rwubatse umutekano bushimwa na benshi

Uburyo u Rwanda rwubatse umutekano bwashishikaje benshi barimo n’abashakashatsi bo hanze. Banzuye ko ubufatanye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano, bwabaye ishingiro ry’umutekano n’ituze mu gihugu.

  1. Urubyiruko ruri mu bafatanyabikorwa bakomeye

IGP Felix Namuhoranye yagaragaje ko urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu gukumira ibyaha binyuze mu bukorerabushake bwo gufasha abaturage. Aho kubafata nk’ikibazo, Polisi yagize urubyiruko abafatanyabikorwa mu kubaka umutekano uhamye.

  1. U Rwanda rwagize Community Policing ikintu cy’ibanze

Nubwo “Community policing” ari igitekerezo mpuzamahanga, u Rwanda rwagihuje n’imiterere yarwo, umuco n’icyerekezo cy’igihugu, bituma gishyirwa mu bikorwa mu buryo bwihariye kandi burambye.

Ubufatanye muri Community Policing ni ngombwa.
  1. Ibyaha byahinduye isura

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yagaragaje ko ibyaha by’iki gihe bitandukanye n’ibyahozeho. Abagizi ba nabi b’ubu bashobora gukora icyaha bakoresheje ikoranabuhanga batiriwe begera aho icyaha gikorerwa.

Kuri we, ibi bisaba ikoranabuhanga n’ubundi buryo bwo guhangana n’ikintu nk’icyo.

  1. Polisi igomba kujyana n’ibigezweho

Yagaragaje kandi  ko intsinzi y’ahazaza isaba guhora hajyaho impinduka. Polisi y’u Rwanda iri gushora imari mu ikoranabuhanga, ubwenge buhangano (AI) n’amahugurwa ahoraho, ngo inoze akazi kayo ka buri munsi.

Ikoranabuhanga mu guhangana n’abanyabyaha ni ingenzi mu byo Polisi ishyiramo imbaraga.

 

  1. Umutekano ujyana n’ubutabera

Umutekano ntugarukira ku ifatwa ry’abakekwaho ibyaha gusa. IGP  Namuhoranye yashimangiye ko gukorana n’inzego z’ubutabera ari ingenzi kugira ngo abakora ibyaha babihanirwe kandi amategeko yubahirizwe.

  1. Gukorera abaturage mu cyubahiro ni yo ntego

Ubutumwa bwa nyuma bukubiye mu ijambo IGP Namuhoranye yavugiye i Gishari muri Rwamagana mu minsi mike ishize busa n’ubusanzwe ariko bufite igisobanuro kimbitse. Polisi igomba kurinda abaturage, kubaha serivisi nziza kandi mu cyubahiro gikwiye Abanyarwanda, igakora kinyamwuga kandi mu mucyo.

Muri rusange, ubutumwa bwa IGP ntibwari bushingiye ku byo Polisi yagezeho gusa, ahubwo bwibanze ku ndangagaciro yubakiyeho: ubuyobozi bufite icyerekezo, ubufatanye, udushya, kubazwa inshingano no gukorera abaturage.

Yagaragaje ko izi ndangagaciro zizakomeza kuba ingenzi no mu myaka 25 iri imbere nk’uko zari ingenzi mu myaka 25 ishize.

N:B: Iyi nyandiko ni iya Magnus Mazimpaka, Umuyobozi wa Taarifa Rwanda

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *