Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkende Yari Yarajujubije Abaturage Bayishe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inkende Yari Yarajujubije Abaturage Bayishe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2022 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkende yari yarigize kagarara ndetse ituma n’izindi zigira ibyigomeke ku baturagebayifashe barayica. Mu Buyapani mu Ntara ya Yamaguchi itsinda ry’inkende ryari rimaze iminsi ryarazengereje abahatuye.

Uwahitaga hafi y’aho zituye zamutegara amabuye k’uburyo zari zimaze gukomeretsa abantu 50

Iyaziyoboraga baharutse kuyifata barayica kugira ngo n’izindi zikuke umutima zizibukire ubwo bukubaganyi.

Hashize Ibyumweru bibiri izi nkende zadaha agahenge abaturage, bamwe zabateye amabuye zirabakomeretsa kandi barimo abana n’abantu bakuru.

Abatuye uriya mujyi bakomeje guhigisha uruhindu n’izindi nkende kugira ngo bazikure ku isi nk’uko AFP yabyanditse.

Ni inkende zisusiye mu buryo butandukanye kandi zisa n’iziyemeje kuzahanga na muntu kugeza ku ya nyuma.

Iherutse gufatwa ikicwa yari ifite imyaka ine y’ubukure na metero imwe n’igice y’uburebure.

Inkende zo mu Buyapani zaguwe neza n’ikirere n’ubutaka k’uburyo zororotse ubundi zihinduka ikibazo ku bantu.

Hari aho ari nyinshi k’uburyo zona imbuto abaturage bahinze, imirima zikayeza.

Zimwe muri zo ziza no mu ngo z’abaturage ngo basangire imbuto basaruye mu kwabo.

Mu Mujyi wa Yamaguchi inkende zabanje kwibasira abana n’abagore bidatinze zadukira n’abagabo.

Zarorotse cyane

Zifite amayeri k’uburyo n’abapolisi basanze kurinda inkende bigoye kurusha uko babikekaga.

Abaturage babanje kuzitega imitego ariko ziza kuyivumbura zirayitaza.

Nibwo abapolisi bahuruye ngo barebe ko bazibuza gusagarira abantu ariko nabo barananiwe.

Inkende iherutse gutuma umwana avunika ayihunga ubwo yari isimbutse ikamusanga mu rugo ababyeyi batarabukiye ahantu.

Indi nayo yateje ibibazo mu ishuri ry’incuke ubwo yageragamo iciye abarimu mu rihumye.

Induru zaravuze kuko yarigezemo ifite igiti ikubita uwo ibonye wese.

Umwarimu wo muri Kaminuza ya Yamagata yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko inkende zo mu Buyapani ‘zidasanzwe.’

Ngo zaragwiriye ahasigaye zihinduka ikibazo kuri mwene muntu.

 

TAGGED:AbaturageBuyapanifeaturedInkende
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisambo Kigiye Kujya Kitangaho Amakuru- CP Kabera
Next Article U Rwanda Rugiye Kugeragerezwamo Umusaruro Uzava Mu Isoko Rusange Ry’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?