Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkongi Yibasiye Inzu Y’i Dubai
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Inkongi Yibasiye Inzu Y’i Dubai

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2023 11:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu 16 nibo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’inkongi ikomeye yisabiye inyubako yabagamwo abantu benshi iri mu Mujyi wa Dubai.

Dubai niwo mujyi utuwe cyane kandi ukorerwamo byinshi muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Itangazamakuru ry’aho rivuga ko abantu 16 bahitanywe n’iriya nkongi ariko n’abandi icyenda bakomeretse cyane.

Uyu muriro watangiriye mu gice cya Dubai kitwa Al Ras, kibaka kiri mu byubatswe cyera kurusha ibindi muri uyu mujyi.

Abaturage b’iki gice biganjemo abimukira bahimukiye bagiye kuhashaka akazi.

Bamwe barakabonye ndetse bahabwa n’ubwenegihugu mu gihe abandi bagikora bya nyakabyizi ari nako bagitegereje inyandiko zibemerera kuba yo mu buryo buhoraho.

Ibibatsi by’uriya muriro byatangiriye mu nzu ya kane muri eshanu ziyigize.

Ikigo cya Dubai gishizwe imibereho myiza y’abaturage kivuga ko impamvu ikekwa yaba yateye iriya nkongi ari uko intsinga n’ibikoresho biyubatsi byari bishaje bitakijyanye n’ubwinshi bw’amashanyarazi akoreshwa muri Dubai.

Iyi nzu iherereye mu gice gikunze gusurwa na ba mukerarugendo benshi baje kureba ahantu ha mbere muri kiriya gihugu hatangiye gucururizwa zahabu n’ibirungo bihenze.

Iperereza kucyateye iriya nkongi ryatangiye nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cya Leta  kitwa The National.

Kugeza ubu nta muntu urafatwa akekwaho uruhare muri iriya nkongi.

TAGGED:AbarabuDubaifeaturedInkongiLetaUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Afurika Ikeneye Ni Ubufatanye- Perezida Kagame
Next Article U Rwanda Rukomeje Gutegura Abakinnyi Beza Ba Basketball B’Ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?