Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Intambara Ya Israel Na Hamas Igiye Kuba Ihagaze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Intambara Ya Israel Na Hamas Igiye Kuba Ihagaze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2023 7:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku buhuza bwa Qatar, ubutegetsi bwa Israel bwemeranyiji n’abarwanyi ba Hamas ko guhera kuri uyu wa Gatanu taliki 24, Ugushyingo, 2023 impande zombi ziri bube zihagaritse imirwano mu gihe cy’iminsi ine.

Ni ukubitega amaso! Icyakora nibiramuka bibaye amahire, iraba ari inshuro ya mbere habaye agahenge mu ntambara igiye kumara ibyumweru birindwi itangiye.

BBC yanditse ko mu ngingo ziri mu biri bukorwe muri iki gihe cy’agahenge, harimo kurekura abagore n’abana 50( mu bice byombi), aba bakaba ari ikiciro cya mbere cy’abantu bari burekurwe na Hamas mu bagera kuri 240 yashimuse ubwo intambara yatangiraga taliki 07, Ukwakira.

Biteganyijwe ko abantu 13 ba mbere bari busohoke muri kasho za Hamas saa munani ku isaha mpuzamahanga bikaza kuba ari saa kumi ku isaha y’i Kigali.

Israel nayo irarekura Abanyapalestine 150 barimo abagore n’urubyiruko yari ifungiye muri gereza zayo.

Aka gahenge kandi karaba uburyo bwo kugeza ibiribwa n’imiti ku Banyapalestine bahunze imirwano.

Imibare ivuga ko abaturage bahunze iriya ntambara bagera kuri miliyoni 2.2.

N’ubwo ari uko bimeze, iby’aka gahenge ngo ni nk’igitonyanga mu nyanja kubera ko Israel yarahiriye gukomeza intambara kugeza ubwo iciye Hamas intege mu buryo bwa burundu.

Umuhuza muri iki kibazo ni Qatar.

Qatar ifite Abadipolomate bakomeye

Iki gihugu gifite ibigwi by’uko kizi guhuza impande zananiranye.

Niyo yahuje Amerika n’Abatalibani, ihuza Eritrea na Ethiopia…none iri kureba uko yahuze Israel na Hamas bakunamura icumu.

Ibigwi bya Qatar mu guhuza abashyamiranye
TAGGED:AbaturageBunyagofeaturedIntambaraIsraelPalestineQatar
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Yatemye Ikiganza Umusore Abereye Mukase
Next Article ‘Kera Kabaye’ MONUSCO Igiye Kuva Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?