Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inteko Ishinga Amategeko Y’u Rwanda Yashimye Umubano Warwo N’Ubumwe Bw’u Burayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inteko Ishinga Amategeko Y’u Rwanda Yashimye Umubano Warwo N’Ubumwe Bw’u Burayi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2022 2:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, Hon Donatille Mukabalisa avuga ko u Rwanda rushima uko umubano warwo n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uhagaze muri iki gihe.

Ni nyuma y’uko uyu muryango wemeye gutanga miliyoni € 20 yo gufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Mozambique.

Hon Mukabalisa yabibwiye Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Belen Calvo Uyarra baraye bahuriye mu Biro bye biri mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ku Kimihurura.

Donatille Mukabalisa avuga ko bishimira umubano mwiza uri hagati y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ugaragarira mu nzego zirimo no kuzamura ubukungu bw’igihugu.

Mukabalisa ati: “Twishimiye umubano mwiza hagati y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’igihugu cyacu. Turashimira inkunga badutera mu rwego rw’ubuhinzi, uburezi, ingufu, ubuzima no mu nzego nyinshi zigira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’igihugu cyacu. Tunabashimira inkunga bateye abasirikare bacu n’abapolisi bari mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Mozambique.”

Avuga ko bashimiye Ambasaderi Belen Calvo Uyarra ku nkunga batera Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Iyo nkunga niyo ifasha Inteko ishinga amategeko muri byinshi harimo n’ibikorwa byo kugenzura Guverinoma.

Si  muri uyu mujyo gusa kuko inafasha Inteko mu bikorwa byo gushyiraho amategeko binyuze mu kumva ibitekerezo by’abaturage.

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Belen Calvo Uyarra, ku ruhande rwe, yavuze ko yasuye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda mu rwego rwo kurebera hamwe aho umubano uyu muryango ufitanye n’u Rwanda uhagaze.

Banarebeye hamwe uko warushaho gushimangirwa, ugafasha iki igihugu kikiri mu nzira y’amajyambere kuzayivamo ‘igihugu’ gifite ubukungu bugeranyije( middle- income) mu mwaka wa 2035.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Donatilla Mukabalisa yakiriye Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, Belen Calvo Uyarra ari kumwe na ba Visi Perezida b’Inteko Umutwe w’Abadepite, Edda Mukabagwiza na Sheikh Musa Fazil Harerimana.

TAGGED:AbadepiteBurayifeaturedIntekoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafana Ba Diamond B’i Kigali Bamanjiriwe
Next Article Abafana Bati: ‘Ibya Rayon Sports Birayoberanye’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?