Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inyubako Yo Kwita Ku Babyariye Mu Bitaro Bya Kibagabaga Igeze Kure Yuzura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Inyubako Yo Kwita Ku Babyariye Mu Bitaro Bya Kibagabaga Igeze Kure Yuzura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2024 9:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abubaka inyubako izaha ababyeyi serivisi mu bitaro bya Kibagabaga bavuga ko igeze kure yuzura.

Iyo nyubako iri kubakwa ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ububiligi mu kitwa Cooperation Belge.

Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe ubufatanye mpuzamahanga Enabel na Minisiteri y’ubuzima nibo bakurikirana iby’iyo nyubako.

Abubaka iyo nyubako bavuga ko niyuzura izaba ifite ikoranabuhanga ryo kwita ku bana bavutse igihe kitageze kandi ababyeyi babyaye bakaba bari kumwe n’abarwaza hafi yabo.

Ni inzu izaba igeretse gatatu kandi ikazaba ari ikitegererezo mu Rwanda mu gutanga serivisi zo gufasha ababyeyi babyaye.

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibagabaga buvuga ko biriya bitaro nibyuzura bizaba inyunganizi nini mu gufasha ababyeyi babigana baje kubyara.

Ibi bitaro bizaba byuzuye mu mezi make asigaye

Bizaba bifite ibitanda 200 byo kwita ku babyeyi bahabyariye.

Mu mwaka wa 2025 muri Werurwe ni bwo izaba yuzuye.

Ubufatanye hagati y’u Rwanda n’ubwami bw’Ububiligi mu rwego rw’ubuzima bwari bumaze igihe kandi hari indi igomba kuzakomezamo ubwo bufatanye.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Minisiteri y’ubuzima Julien Niyingabira asaba abaturage kwitabira kugana ahari Ibikorwaremezo by’ubuzima byabashyiriwehp kugira ngo bibagirire akamaro.

Julien Niyingabira

Ati: “Abaturage bakwiye kugana ibyo bikorwa remezo kugira ngo bibagirire akamaro kuko nibo bishyirirwaho”.

Dr. Kiza Francois Regis uyobora agashami gashinzwe porogaramu zo kwita ku buzima by’ababyeyi n’abana mu mavuriro muri RBC , nawe avuga ko hari gahunda y’imyaka irindwi yari isanzwe ifitwe na Leta yo kwita ku bana n’ababyeyi.

Kugira ngo izo gahunda zose zigerweho byagizwemo uruhare n’abafatanyabikorwa barimo na Enabel nk’urwego ruhagarariye Ubwami bw’Ububiligi mu mishinga itandukanye.

Ashima ko ubwo bufatanye bwatumye ibigo nderabuzima bizamura urwego rwabyo, biva ku bigo bisanzwe bigera ku rwego rwisumbuye mu guha abagore batwite n’abana serivisi zigezweho.

Umuyobozi wari ruhagarariye Ambasade y’Ububiligi Laurent Preu d’Homme ashima umusaruro uva mu mikoranire hagati ya Leta y’u Rwanda n’Ubwami bw’Ububiligi kandi akemeza ko iyo mikoranire izakomeza.

Ubufatanye hagati y’u Rwanda n’Ububiligi muri uyu mujyo kandi watumye hagurwa inzu y’ababyeyi yo mu bitaro bya Muyanza mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo.

Umuyobozi wabyo witwa Mediatrice Mutuyimana ashimira ababafashije kubyagura, akavuga ko byatumye ababyeyi babyarira ahantu hasa neza kandi hisanzuye.

Mutuyimana Mediatrice

Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’ uko abana bavuka bakura ntawe upfuye kandi bikaba no kuri ba Nyina.

TAGGED:AbabyeyifeaturedIbitaroInyubakoInzuMinisiteriUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Iki Cyateje Ibibazo Bya Murandasi Mu Rwanda No Mu Karere?
Next Article Basanze Imbunda Kwa Depite Barikana Eugene 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?