Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inzu Zimwe Zirimo Kwiyasa Kubera Imitingo Ishingiye Kuri Nyiragongo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inzu Zimwe Zirimo Kwiyasa Kubera Imitingo Ishingiye Kuri Nyiragongo

admin
Last updated: 24 May 2021 4:38 pm
admin
Share
SHARE

Inzu zimwe zo mu Karere ka Rubavu zikomeje gusaduka kubera imitingito ikomeje kuba myinshi, ishingiye ku iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryabaye ku wa Gatandatu.

Umwe mu bamaze guhura n’iki kibazo ni Nyirarukundo Marie Louise wo mu Kagali ka Byahi, mu Murenge wa Rubavu. Inzu ye yasadutse ku buryo yabuze aho yerekeza abana be umunani.

Yagize ati “Umutingito wasatuye ibyumba bibiri, kimwe cyaguye, icy’imbere cyo ni amatafari ahagaze, ndashaka aho kwerekeza abana nahabuze.”

Yakomeje ati “Twebwe nk’abatuye hano turifuza ko mwatwoherereza abahanga mu by’ubutaka bagapima bakareba ibintu biri hano mu butaka bwacu, kuko uri gukandagira ugasanga ubutaka burasamye.”

Umushakashatsi Dr. Dushime Dyrckx yavugiye kuri Televiziyo y’Igihuhu ko kariya karere karimo ibice birimo kwiyasa, bityo ko abaturage bakwiye kurushaho kuba maso.

Ati “Ngira ngo hirya no hino mu karere ka Rubavu no mu mujyi wa Goma hari inzu zatangiye kugenda zisaduka kubera imbaraga z’imitingito, ndetse n’ubutaka ubwabwo bugenda busaduka, no ku ruhande rw’u Rwanda hari ahasadutse.”

“Urumva ko aho hantu hashobora kuba haturuka ya mazuku, ariko kenshi amazuku anyura ahantu horoshye, ni yo mpamvu abantu baba bagomba gukurikirana aho amazuku anyura.”

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubushakashatsi mu Kigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz, Jean Claude Ngaruye, yavuze ko imitingito irimo kuba idateye ubwoba ku buryo abantu batakuka umutima.

Yavuze ko byose biterwa n’igikoma kiri mu nda y’isi, kiba gifite ubushuye buri hagati ya dogere Celcius 900 na 1200.

Ati “Ubwo kigenda cyibirindura, ni izo ngufu zirimo zigenda zikora ku isi, noneho isi ikanyeganyega. Ariko mu by’ukuri nk’imitingito ihari ubungubu, na mu gitondo hari iyumvikanye nk’ibiri mu ma saa moya yumvikaniye mu Murenge wa Rubavu ndetse no mu Murenge wa Nyundo, ni udutingito duto cyane.”

Hari imitingito yumvikanye irimo uwo ku kigero cya 4.7 cyane cyane mu Murenge wa Rubavu no mu bice bitandukanye by’igihugu.

Undi mutingito wumvikanye saa 10:37’ wari ku kigero cya 5.1 waturutse mu kiyaga cya Kivu mu karere ka Rubavu, mu gihe undi wumvikanye 13h53 wari ku kigero cya 4.5

Dr Dushime yavuze ko abantu bafite imitingito myinshi bakwiye kwita ku nama bagirwa n’ubuyobozi kandi bakirinda impuha kuko zabakura umutima.

Ati “Igihe cyose ikomeje, birinde kurara mu nzu ndetse no kujyamo kuko inzu nyinshi zamaze gushegeshwa n’imitingito, uko igenda igaruka bituma inzu zorohera cyane ku buryo haje umutingito ufite ingufu ibikuta byakomeza kugwa.”

“Birinde gukomeza kujya munsi y’inkuta, inkuta z’ibipangu, munsi y’ibiti ndetse n’insinga z’amashanyarazi, kuko umutingito ukomeye ushobora kuza ugasanga bikugizeho ingaruka.”

Kuki ibi bikorwa byatunguranye

Kiriya kirunga cyarutse mu masaha y’ijoro, abaturage benshi bahita bava mu byabo bahungira mu Rwanda, aho rwakiriye abasaga 8000.

Dr. Dushime yavuze ko uku kuruka kwatunguranye kubera ko ikigo cyabigenzuraga, Goma Volcano Observatory (GVO), kitagikora neza kubera imikorere mibi yakigaragayeho.

Ati “N’inkunga kiriya kigo gishinzwe gukurikirana iruka ry’ibirunga muri Congo cyakiraga biturutse muri Banki y’isi zarahagaritswe kubera imicungire mibi, ibyo bigira ingaruka ku gukurikirana ubuzima bwa buri mwanya bw’ikirunga.”

“Ikindi ni ibikoresho byagiye byibwa, ari ibiri ku gasongero k’ikirunga, ari ibikikije ikirunga, ibyo byose byagize ingaruka mu gutuma habaho gutungurwa, ariko byose ni amasomo abantu bahabwa.”

Ngaruye we yavuze ko ku ruhande rw’u Rwanda, hari ubushobozi bwo gukomeza gukurikirana aho ibibazo bigana.

Yavuze ko bateganya kohereza itsinda mu karere ka Rubavu kureba uko ibintu byifashe, kuko hari ubwiyase baba basanzwe bakurikirana, ngo barebe ko budakura ku buryo bwatera ikibazo ku baturage.

Imibare igaragaza ko abaturage 15 ba Congo ari bo bahitanywe n’iruka rya Nyiragongo.

TAGGED:featuredIkirungaNyiragongoUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Itera Abakoresha Kutorohera Abakozi Babo ‘Ku Kazi’
Next Article Ibintu 10 Wamenya Nyuma Y’Isozwa Rya Shampiyona Zikomeye I Burayi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?