Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: iPhone 16 Igiye Gusohoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

iPhone 16 Igiye Gusohoka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 August 2024 12:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakunzi ba telefoni zitwa iPhone bashonje bahishiwe kuko taliki 09, Nzeri, 2024 ari bwo hazasohoka ubwoko bwayo bwa 16 bita iPhone 16.

Kuri iyo taliki nibwo abakozi b’ikigo Apple gifite icyicaro muri California ahitwa Cupertino bazazinduka bafungura amaduka ngo bagurishe iyi telefoni ikunzwe kurusha izindi ku isi ariko ihenda cyane.

Kuri uwo munsi nibwo kandi hazatangazwa ibindi byuma by’ikoranabuhanga bikorwa na kiriya kigo birimo amasaha ya Apple Watch, iPads  n’ibindi.

Hazabonerwaho no gutangazwa imikorere mishya y’ibi byuma by’ikoranabuhanga, ikaba imikorere bita apps mu mvugo y’ikoranabuhanga.

Nyuma y’uko bitangajwe ko iyi  telefoni izasohoka mu kwezi gutaha, abayikunda bihutiye kuri X yahize ati Twitter bahatangariza amashyushyu bayifitiye.

Abenshi muri bo bavuga ko bazayigura batitaye ku giciro cyayo uko cyaba kingana kose.

Iyi telefoni biteganyijwe ko izaba ifite ikoranabuhanga ryiswe Apple Intelligence rizafasha abayikoresha kurushaho kuyibyaza umusaruro.

Bumwe mu mikorere yaryo bumaze iminsi bukoreshwa kuri za mudasobwa witwa ChatGPT nabwo buzaba bwarashyizwe muri iyi telefoni y’akataraboneka.

Ubwoko bwa telefoni za iPhone 16 zizamurikwa  burimo iPhone 16, iPhone 16 Plus, iPhone 16 Pro na  iPhone 16 Pro Max.

TAGGED:CaliforniaIkoranabuhangaiPhonetelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abakobwa Batsinze Ibizamini Bya Leta Kurusha Abahungu
Next Article Kabarebe Yahagariye Perezida Kagame Mu Muhango Wo Kwakira Kandidatire Ya Odinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Gukosoza Amakosa Mu Irangamimerere Biracyari Ikibazo Ku Irangamuntu Koranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?