Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Igiye Gushyiraho Uburyo Bisi Zose Zikorera i Kampala Zizakora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Igiye Gushyiraho Uburyo Bisi Zose Zikorera i Kampala Zizakora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 2:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gitanga serivisi z’ingendo cyo muri Israel kitwa Optibus kigiye gukorana n’icyo muri Uganda kitwa SCINTL kugira ngo muri Kampala hashyizwe bisi zitwara abagenzi zikoresha ikoranabuhanga kandi zikorera ku gihe. Ni umushinga uzashyirwa mu bikorwa n’Ikigo Tondeka Metro Company ukazaterwa inkunga na Banki y’Isi.

The Jerusalem Post yanditse ko uyu mushinga uzaha akazi abaturage 12,000 bitarenze umwaka wa 2025.

Ikindi ni uko  mu myaka 10 iri imbere, bisi zose zikorera i Kampala zizaba zikoresha amashanyarazi.

Mu myaka micye iri imbere uriya mushinga uzaba wamaze kugeza muri Kampala imodoka 3,000.

Bivugwa ko hari ikigo kitwa  TMC kizakoresha ikoranabuhanga( software) rizafasha mu kumenya imikorere ya ziriya bisi kugira ngo abagenzi bazibonere kandi bagere aho bajya ku gihe.

Uwashinze Optibus witwa Amos Haggiag yagize ati: “ Twishimiye kugira uruhare muri uyu mushinga wo kubakira Uganda umuyoboro wa  bisi ukoresha ikoranabuhanga rya mbere rigezweho muri Afurika. Abaturage ba Uganda bagiye kubona uburyo buboneye kandi butekanye bwo kubatwara mu modoka. Twishimiye gufasha abatuye Kampala kubona izi serivisi z’agahebuzo za mbere  muri Afurika.”

Kugeza ubu Umurwa mukuru wa Uganda, Kampala, utuwe n’abaturage miliyoni 1.5.

Bumwe mu buryo bakoresha mu rujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ni ugukoresha moto n’imodoka za bisi cyangwa minibisi.

Iki ni cyo kigo kizabikora

Kampala kandi umwe mu mijyi ibamo uruvunganzoka rw’abantu n’ibintu ndetse n’ibinyabiziga bibisikana kandi mu buryo budatekanye cyane.

Byitezwe ko umushinga wo guha Kampala bisi zigezweho kandi zigera kandi zikava aho zigiye ku gihe bizafasha abaturage kugira umujyi utekanye kandi ucyeye.

Amafoto: The Jerusalem Post

TAGGED:BisifeaturedimodokaIsraelKampala
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Igihe Gito Ikamyo Ya HOHO Yicishe Abantu i Gatsibo, Indi Yabagongeye Ku Kamonyi
Next Article Kagame Yacyebuye Bagenzi Be Bayobora EAC Ku Mishinga Idindira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?