Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Yemereye Amakamyo 419 Kwinjiza Imfashanyo Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Israel Yemereye Amakamyo 419 Kwinjiza Imfashanyo Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2024 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira hinjiye amakamyo menshi mu nkambi z’abaturage ba Gaza, ayo makamyo akaba azanye imfashanyo zirimo imiti n’ibiribwa.

Hari hashize igihe haganirwa uko iyo mfashanyo yagera ku bayikeneye, ariko Israel ikavuga ko bigomba gukorwa ari uko habanje kugenzurwa neza niba nta kindi kintu kibi Hamas yakwinjiza muri iyo nkambi yitwikiriye imfashanyo.

Ku rubuga rwa Minisiteri y’ingabo za Israel handitse ko hari indi mfashanyo izemerwa kwinjizwa muri Gaza mu gihe gito kiri imbere.

Kuri ayo makamyo hiyongeraho andi makarito 258 y’ibiribwa yamanuwe n’indege agera muri izo nkambi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Israel yatangaje ko hari izindi mfashanyo izinjizwa muri Gaza mu gihe kiri imbere, bigakorwa ku bufatanye n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu na UN.

Imfashanyo igera muri Gaza kandi izajya ica mu mazi( mu Nyanja), mu kirere no ku butaka.

Iyahageze kuri uyu wa Mbere yoherejwe na Leta ziyunze z’Abarabu, UAE.

Igitero kuri Rafah gifite italiki…

Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu avuga ko ingabo ze zigitegurana ubushishozi igitero ku gice cya nyuma cya Gaza, igitero byitezweho kizashyira iherezo kuri Hamas isigaranye ibirindiro ahitwa Rafah.

- Advertisement -
Netanyahu

Netanyahu aherutse kubwira The New York Post ko intsinzi yuzuye iri hafi kugerwaho, akemeza ko izagerwaho  nyuma yo kurimbura burundu batayo za Hamas zikiri gukorera muri Rafah.

Muri video aherutse gushyira kuri X, Netanyahu yagize ati: “ Hari italiki twagennye yo kugabiraho iki gitero”.

Hagati aho Qatar iracyari umuhuza ngo irebe ko intambara hagati ya Israel na Hamas igiye kumara amezi atandatu yahagarara.

Muri uwo muhati kandi harimo na CIA iyobowe na Bill Burns.

Bill Burns
TAGGED:AmerikaGazaImfashanyoIngaboIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaganga Bo Muri Cuba Bazaza Mu Rwanda Guhugura Bagenzi Babo
Next Article Amb Bazivamo Yavuze Ku Ntandaro Ya Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?