Itangazo Ry’Ingabo Z’u Rwanda Nyuma Y’Ibindi Bisasu Byaguye Mu Rwanda

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda isaba Abanyarwanda gushyira umutima mu  nda kuko n’ubwo hari ibindi bisasu byaguye ku butaka bw’u Rwanda bivuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo  ahitwa Bunagana bikagwa mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ingabo z’u Rwanda zivuga ko iyi ari inshuro ya kabiri ibisasu bivuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bigwa mu Rwanda.

Ubwo bwagwaga mu Rwanda mu mpera za Gicurasi, 2022, hari abantu byakomereje ndetse byangiza n’inyubako.

- Advertisement -

Icyakora kuri iyi nshuro nabwo ngo nta muntu cyahitanye ariko ngo cyarushijeho gukura abantu umutima.

Ingabo  z’u Rwanda zivuga ko Abanyarwanda batagombye gukuka umutima kuko ibintu byose ziri kubikurikiranira hafi.

RDF Ivuga Ko Ingabo Za DRC Zarashe Mu Rwanda

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version