Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Iterabwoba Ku Isi Rikomeje Gufata Indi Ntera- Dr Biruta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Iterabwoba Ku Isi Rikomeje Gufata Indi Ntera- Dr Biruta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2023 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta yaraye abwiye abandi bayobozi ko muri iki gihe ibigaragara ku isi byerekana ko iterabwoba riri gufata indi ntera.

Biruta yasobanuye ko ingabo z’uturere dutandukanye zishinzwe guhangana n’iterabwoba zonyine zidashobora gutanga igisubizo kirambye kuri iki kibazo.

Yabivugiye mu biganiro by’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku Isi aho yari ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Iyo nama yaganiriwemo ibyo gukumira no guhangana n’iterabwoba hakoreshejwe ubufatanye hagati y’Umuryango w’Abibumbye na gahunda zitandukanye zishingiye ku turere.

Dr. Biruta yagize ati: “Muri Afurika iterabwoba n’imvururu bikomeje kuzamuka ku muvuduko uteye impungenge. Ibi bihangayikishije buri wese aho ahari hose. Uburyo busanzwe bw’ubutumwa bwo gutanga amahoro bwonyine ntiburabasha gutanga umusaruro uhagije mu gutanga ibisubizo bireba isi yose.”

Avuga ko Umuryango w’Abibumbye ukeneye uburyo bwihuse kandi butanga ibisubizo bishingiye ku miterere y’Uturere.

Ibiganiro yabivugiye mo byari bayobowe na Perezida wa Mozambique Fillippe Nyusi.

Biruta avuga ko u Rwanda rwasanze ubufatanye hagati y’ibihugu ari ingenzi mu guhangana n’iterabwoba.

Avuga ko ubwo bufatanye ari bwo bwatumye u Rwanda rukorana na Mozambique mu guhangana n’ibyihebe byari byarigaruriye Cabo Delgado guhera mu mwaka wa 2017.

Ni ubufatanye bwafashije no mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke wari uri muri Repubulika ya Centrafrique.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda yashimye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kubera ubufatanye weretse u Rwanda mu gukemura ikibazo cy’abarwanyi bo muri Cabo Delgado.

Nta gihe kinini Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uhaye u Rwanda Miliyoni € 20 zo gufasha mu gukemura kiriya kibazo.

TAGGED:AmahangaBirutaBurayifeaturedIterabwoba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bisi Ya Volcano Yakoreye Impanuka IKOMEYE Muri Uganda
Next Article Imiyoborere Mibi Mu Mashuri Ihangayikishije Abadepite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?