Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ivangura Ry’Uruhu Rituma Abanyasudani Bahunze Intambara Bicwa N’Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ivangura Ry’Uruhu Rituma Abanyasudani Bahunze Intambara Bicwa N’Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2024 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima rivuga ko ivangura rishingiye ku ruhu ari ryo ryatumye isi idatabara Abanyasudani bahunze intambara, ubu bakaba bagiye kwicirwa n’inzara mu nkambi.

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’iri shami rya UN ivuga ko abantu miliyoni 12 ari bo bamaze guhunga intambara hagati y’ingabo za Sudani n’umutwe Rapid Support Forces, iyi ntambara ikaba yaratangiye muri Mata, 2023.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko iyo urebye uko abahunze iriya ntambara babayeho, ubona ko isi yabatereranye.

Yeruriye BBC ko yasanze impamvu ibitera ari ibara ry’uruhu rwabo rituma abo mu bihugu bikize badahangayikishwa n’uko Abanyasudani bashonje.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Tedros yagize ati: “ Tekereza abantu bavanywe mu byabo, ibyo basize birasenywa, aho bahungiye bahahurira n’indwara none reba inzara iranuma!”

Uyu munya Ethiopia iyobora OMS avuga ko aherutse gusura bimwe mu bitaro byo muri Sudani bivura impunzi atungurwa kandi ababazwa no kubona abana bafite amagufa yanitse ku gasi kubera inzara.

Avuga ko abantu miliyoni 25 ni  ukuvuga ½ cy’abaturage bose ba Sudani bakeneye ibiribwa.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko akaga Abanyasudani barimo muri iki gihe gaterwa ahanini n’uko ari abo muri Afurika bigatuma ibihugu bikize ku isi by’i Burayi n’Amerika bitabareba n’irihumye kandi ngo iki kibazo kireba n’abandi baturage ba Afurika bari mu ntambara cyangwa mu nzara.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus

Yavuze ko intambara ya Ukraine n’Uburusiya( yatangiye mu mwaka wa 2022) yatumye yibonera neza ko Isi idaha agaciro kangana ubuzima bw’Abazungu n’ubw’Abirabura.

- Advertisement -

Avuga ko akurikije uko inkunga ihabwa Ukraine ingana akayigereranya n’inkunga ihabwa Yemen, Afghanistan, Syria n’ahandi hari intambara ku isi, asanga nta mahuriro.

Tedros yaboneyeho gusaba itangazamakuru aho riva rikagera guhanga amaso ku bibera muri Sudani kuko ngo ari agahomamunwa.

Mu ntambara iri muri Sudani hari ibihugu bishinjwa kuba inyuma y’impande zihanganye, aho Leta ziyunze z’Abarabu zivugwaho gufasha umutwe wa RSF mu gihe Arabie Saoudite iri gufasha Leta ya Karthoum.

Uko bigaragara impande zirebwa n’ubuhuza ni ukuvuga Arabie Saoudite na Amerika zananiwe guhuza impande zihanganye.

TAGGED:featuredIntambaraSudaniTedrosUbuzimaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafashe Abakekwaho Kwiba Imodoka Bari Barakodesheje
Next Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Mu Ikoranabuhanga Rya Telefoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?