Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ivangura Ry’Uruhu Rituma Abanyasudani Bahunze Intambara Bicwa N’Inzara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Ivangura Ry’Uruhu Rituma Abanyasudani Bahunze Intambara Bicwa N’Inzara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2024 3:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima rivuga ko ivangura rishingiye ku ruhu ari ryo ryatumye isi idatabara Abanyasudani bahunze intambara, ubu bakaba bagiye kwicirwa n’inzara mu nkambi.

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’iri shami rya UN ivuga ko abantu miliyoni 12 ari bo bamaze guhunga intambara hagati y’ingabo za Sudani n’umutwe Rapid Support Forces, iyi ntambara ikaba yaratangiye muri Mata, 2023.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko iyo urebye uko abahunze iriya ntambara babayeho, ubona ko isi yabatereranye.

Yeruriye BBC ko yasanze impamvu ibitera ari ibara ry’uruhu rwabo rituma abo mu bihugu bikize badahangayikishwa n’uko Abanyasudani bashonje.

Tedros yagize ati: “ Tekereza abantu bavanywe mu byabo, ibyo basize birasenywa, aho bahungiye bahahurira n’indwara none reba inzara iranuma!”

Uyu munya Ethiopia iyobora OMS avuga ko aherutse gusura bimwe mu bitaro byo muri Sudani bivura impunzi atungurwa kandi ababazwa no kubona abana bafite amagufa yanitse ku gasi kubera inzara.

Avuga ko abantu miliyoni 25 ni  ukuvuga ½ cy’abaturage bose ba Sudani bakeneye ibiribwa.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko akaga Abanyasudani barimo muri iki gihe gaterwa ahanini n’uko ari abo muri Afurika bigatuma ibihugu bikize ku isi by’i Burayi n’Amerika bitabareba n’irihumye kandi ngo iki kibazo kireba n’abandi baturage ba Afurika bari mu ntambara cyangwa mu nzara.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus

Yavuze ko intambara ya Ukraine n’Uburusiya( yatangiye mu mwaka wa 2022) yatumye yibonera neza ko Isi idaha agaciro kangana ubuzima bw’Abazungu n’ubw’Abirabura.

Avuga ko akurikije uko inkunga ihabwa Ukraine ingana akayigereranya n’inkunga ihabwa Yemen, Afghanistan, Syria n’ahandi hari intambara ku isi, asanga nta mahuriro.

Tedros yaboneyeho gusaba itangazamakuru aho riva rikagera guhanga amaso ku bibera muri Sudani kuko ngo ari agahomamunwa.

Mu ntambara iri muri Sudani hari ibihugu bishinjwa kuba inyuma y’impande zihanganye, aho Leta ziyunze z’Abarabu zivugwaho gufasha umutwe wa RSF mu gihe Arabie Saoudite iri gufasha Leta ya Karthoum.

Uko bigaragara impande zirebwa n’ubuhuza ni ukuvuga Arabie Saoudite na Amerika zananiwe guhuza impande zihanganye.

TAGGED:featuredIntambaraSudaniTedrosUbuzimaUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafashe Abakekwaho Kwiba Imodoka Bari Barakodesheje
Next Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Mu Ikoranabuhanga Rya Telefoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?